00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Diplomat yatakambiye inzego guca inkoni izamba imyidagaduro igakorwa amasaha yose (Video)

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 17 March 2024 saa 08:00
Yasuwe :

Umuhanzi Diplomat yagaragaje ko abari mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda bakomeje kugongwa n’amabwiriza yo gufunga ibikora by’imyidagaduro kare, asaba inzego zireba guca inkoni izamba.

Mu kiganiro na IGIHE, uyu muhanzi ukunzwe muri iyi minsi mu ndirimbo ‘Icyuki Gikaze’, yavuze ko amasaha yashyizweho yo gufunga ibikorwa by’imyidagaduro, abangamiye benshi mu bahanzi na we arimo.

Guhera muri Nzeri 2023 mu Rwanda hafashwe ingamba z’uko ibikorwa na serivisi byose bitari iby’ingenzi bizajya bifunga saa Saba z’ijoro mu minsi y’imibyizi, na ho mu mpera z’icyumweru (ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu) bikazajya bifunga saa Munani z’ijoro.

Diplomat yavuze ko uyu mwanzuro wahombeje cyane abahanzi ndetse n’abandi bari batunzwe n’ibikorwa by’imyidagaduro.

Ati “Nka mbere twakoraga ibitaramo bugacya, utunyoni tukavuga abantu bakiri gutarama. Abantu babaga buzuye tugakubita imiziki. Ibi bintu byo gufunga amasaha byaraduhombeje. Urumva nka Minisiteri ifite abahanzi mu nshingano ikwiriye kwicara ikiga ikibazo cy’amasaha kuko birakomeye rwose”.

Nubwo bimeze gutyo, Diplomat yagaragaje ko umuziki nyarwanda ugenda utera intambwe, nubwo za birantega zigihari.

Ati “Nk’ubu nasohoye Icyuki Gikaze, hari abantu bayikunze bifuza kuntumira ariko bacika intege kuko bazanyishyura abantu baze, nibitangira kuryoha nka saa sita, saa munani bahite bafunga, ubwose uwo mushoramari urumva yakungukira he?”.

Diplomat yavuze ko byaba byiza serivisi z’imyidagaduro zikomorewe zikemererwa gukora amasaha 24 nkuko bimeze ku bandi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .