00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I Kigali hagiye kubakwa inyubako iri mu ishusho y’ubwato

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 18 September 2021 saa 05:36
Yasuwe :

Ibikorwaremezo mu Mujyi wa Kigali bikomeje kuzamuka umunsi ku wundi ku buryo ku muntu utahaheruka, azajya ahagera akibagirwa ahantu hamwe na hamwe.

Ubu ku Muhima hatangiye kubakwa inyubako izaba irimo iguriro rya Sawa Citi, iri mu ishusho imeze nk’iy’ubwato. Inyigo yayo yakozwe na Sosiyete yitwa FDG Africa iyoborwa na Bigwi Johnson.

Izubakwa ku Muhima hjafi y’umuhanda umunaka ujya ku Kinamba. Izaba irimo amaguriro agezweho, inzu zicuruza ikawa, hazaba harimo Lounge ku gice cyo hejuru n’ibindi.

Bigwi washushanyije iyi nyubako, yavuze ko imiterere yayo isobanura iterambere. Ati “Iriya miterere yayo yavuye ku bwato, ni igitekerezo twagize cyo kubaka inzu ifite ishusho y’ikintu kigenda, bigaragaza iterambere, ni ukugaragaza ko hari aho ibintu biva bijya ku rundi rwego. Sawa Citi ni yo izaba ikoreramo.”

Aho iyi nyubako izubakwa ni haruguru ya Station ya Merez ku Muhima, imirimo yarangiye.

Futuristic Design Group (FDG Africa) yashinzwe na Bigwi ifite intego yo gufasha abanyarwanda kubaka mu buryo bugezweho, butangiza ibidukikije, budatwara ubutaka bunini kandi mu nzu zifite umwihariko bitandukanye n’uko usanga henshi na henshi inyubako zose zisa.

Iyi nyubako iri kubakwa ku Muhima ku muhanda ugana ku Kinamba
Ni yo izaba ikoreramo iguriro rya Sawa Citi
Hejuru hazaba harimo ahantu abantu bashobora kwicara bagasangira ikawa
Iyi nyubako yashushanyijwe na FDG Africa
Imirimo yo kubaka iyi nyubako yaratangiye, bivuze ko mu myaka mike isura ya Muhima izaba yahindutse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .