Mu itangazo Ibiro bya Perezida w’u Burundi byashyize hanze, byatangaje ko Perezida Ndayishimiye yaganiriye kuri telefone n’abakuru b’ibihugu bigize EAC, hagamijwe guhuza ibitekerezo ku bibazo by’umutekano muke muri RDC n’uburyo byakemurwa.
Bemeranyije ko hategurwa inama bwangu izahuza abakuriye ingabo mu bihugu bigize EAC, igakurikirwa n’indi y’abakuru b’ibihugu.
Press Release: #Burundi #DRC #EAC pic.twitter.com/cS4mekwJOu
— Ntare Rushatsi House (@NtareHouse) November 1, 2022
Ntabwo hatangajwe igihe izo nama zizabera icyakora byari biteganyijwe ko mu ntangiriro z’uku kwezi i Nairobi muri Kenya habera inama igamije guhuza impande zitavuga rumwe muri Congo, hagamijwe kugarura amahoro.
Bivugwa ko iyo nama yasubitswe kuko bamwe mu bagombaga kuyitabira bafite izindi gahunda zihutirwa mu gihe inama yari kubera.
Muri Kamena uyu mwaka EAC yari yiyemeje kohereza ingabo muri Congo gufasha icyo gihugu guhangana n’imitwe yitwaje intwaro irimo M23 ikomeje kwigarurira uduce dutandukanye. Kugeza ubu izo ngabo ntiziratangira ibikorwa nubwo Kenya n’u Burundi ingabo zabyo zagezeyo.
Umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira uduce twinshi muri Kivu y’Amajyaruguru ariko abaturage bakomeza guhunga, hakaba hari impungenge z’uko uwo mutwe wakwinjira mu mujyi wa Goma utuwe n’abasaga miliyoni, bakaharwanira n’ingabo za Leta.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!