00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda bagera kuri 700 bahagurutse Buruseli mu ma modoka ashoreranye

Yanditswe na

Murindabigwi Meilleur

Kuya 18 May 2013 saa 09:21
Yasuwe :

Abanyarwanda bagera kuri 700 bahagurutse I Buruseli mu Bubiligi berekeza I London mu Bwongereza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, aho baje kwitabira Rwanda Day yizirizwa muri uyu mujyi kuri ubu wahindutse ihuriro ry’Abanyarwanda baturutse imihanda yose.
Muri uru rugendo barimo bagana London ruri bubatware amasaha agera kuri atanu, morale ni yose kuri aba Abanyarwanda batuye mu Bubiligi, aho bari kugenda baririmba indirimbo zitandukanye nyarwanda, mu ma bisi agera kuri 12 buzuye (...)

Abanyarwanda bagera kuri 700 bahagurutse I Buruseli mu Bubiligi berekeza I London mu Bwongereza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, aho baje kwitabira Rwanda Day yizirizwa muri uyu mujyi kuri ubu wahindutse ihuriro ry’Abanyarwanda baturutse imihanda yose.

Muri uru rugendo barimo bagana London ruri bubatware amasaha agera kuri atanu, morale ni yose kuri aba Abanyarwanda batuye mu Bubiligi, aho bari kugenda baririmba indirimbo zitandukanye nyarwanda, mu ma bisi agera kuri 12 buzuye ashoreranye, ndetse akurikiranye n’imodoka nyinshi z’abahisemo kwizanira izabo.

Buri bisi muri izo 12 zibajyanye London yagiye ihabwa izina rya Kinyarwanda riyanditseho, amwe muri ayo mazina ziswe arimo “Amahoro”, “Karisimbi”, “Gasabo”, “Agakiza”, “Agaciro”, “Archipel”, “Iterambere”, “Vision 2020”na “Uburinganire”.

Mu guhaguruka mu Bubiligi, bitewe n’uko baturuka mu bice bitandukanye by’iki gihugu, aba banyarwanda batuye mu Bubiligi bahuriye kuri Kaminuza yigenga ya Buruseli, muri bo hakaba harimo umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu, Bwana Musare Faustin, ndetse n’Umuyobozi wa Diaspora Nyarwanda mu Bubiligi, Bwana Twagirimana Emmanuel.

Bitewe n’uko hagati y’u Bubiligi n’u Bwongereza harimo u Bufaransa ndetse n’inyanja, aba banyarwanda 700 mu buryo budasanzwe biganjemo abari n’abategarugori baranyura mu muhanda uri munsi y’iyi nyanja baciye mu Bufaransa, babone guhinguka mu Bwongereza kugera bageze London.

Biteganyijwe ko guhera saa sita ku isaha ya London, I saa saba ku isaha ya Kigali, aribwo abitabiriye Rwanda Day bakirwa aho iki gikorwa kiri bubere, nyuma hagakurikiraho imurikabikorwa n’ibiganiro, igihe nyamukuru kikaza kugera ubwo Perezida Paul Kagame aza kuba asesekaye ahabereye iki gikorwa mu rwego rwo kuganira n’Abanyarwanda ndetse bakanungurana ibitekerezo.

Mu bitabiriye Rwanda Day i London harimo abari n'abategarugori benshi
Buri bisi muri 12 zirimo Abanyarwanda baturutse mu Bubiligi baza i Kondon yagiye ihabwa izina ryihariye
Aha bari bahagaze gato mu nzira barambura amaguru kubw'uburebure bw'urugendo

Foto: Karirima Aimable /U Bubiligi
Inkuru: Meilleur Murindabigwi /U Bwongereza


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .