Uyu Mukuru w’Igihugu kuri uyu wa 19 Mata 2024 yatangaje ko muri iki gihe, igisirikare cyari gikeneye amavugurura mu bijyanye na siyansi, kandi kigaha akazi abanyempano bashya.
Yasobanuye kandi ko igisirikare kigezweho kiba kigomba kugira imbaraga mu buryo gikusanya amakuru n’uko kiyageza ku basirikare, baba abari ku rugamba cyangwa ako kurinda umutekano w’igihugu.
Perezida Xi yavuze ko uyu mutwe mushya "Uzagira uruhare rw’ingenzi mu kuzamura igisirikare cy’u Bushinwa n’uguhatana bijyanye n’intambara zigezweho.”
Gen Bi Yi yagizwe Umuyobozi w’uyu mutwe w’ingabo, Gen Li Wei agirwa Umuyobozi wungirije, ushinzwe imiyoborere n’inyigisho za politiki.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!