Kimwe n’ahandi henshi u Rwanda rufite Ambasade mu Bubiligi naho hazabera iki gikorwa. Nk’uko bisanzwe kizabera muri Komine ya Woluwe Saint Pierre, (Avenue Roger Vandendriessche à Woluwe-Saint-Pierre) iherereyemo Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Mujyi wa Bruxelles.
Ni umuhango uzitabirwa n’Intumwa ya Guverinoma y’u Bubiligi, Umuyobozi w’Umujyi wa Woluwe Saint Pierre, abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga itandukanye ikorera muri iki gihugu, uyobora Ibuka-Mémoire & Justice-Belgique.
Uyu munsi kandi utangwamwo ubuhamya bw’uwarokotse jenoside yakorewe Abatutsi.
Uyu muhango uzakurikirwa n’ ibindi bikorwa birimo birimo urugendo rwo kwibuka rusozwa kandi n’umugoroba wo kwibuka.
Saa Yine n’igice uzaba ari umwanya wo kwakira abantu kugeza saa Tanu, guhera saa Tanu kugeza Saa Saba hazatangwa ibiganiro n’ubuhamya.
Amafoto yaranze igikorwa cyo Kwibuka mu 2023
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!