Iki gikorwa cyateguwe na Ambasade y’u Rwanda mu Buhinde, cyitabirwa n’Abanyarwanda ndetse n’inshuti zabo batuye muri icyo gihugu.
Abanyeshuri biga muri Bal Bharti Public School mu Buhinde na bo bari bifatanyije n’Abanyarwanda Kwibuka. Baririmbye iyi ndirimbo mu rwego rwo kunamira Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994 no guhumuriza Abanyarwanda.
‘Mwakire Indabo’ ni indirimbo igaruka ku nkuru y’umwana w’imfubyi ya Jenoside yakorewe Abatutsi uba abwira abishwe muri Jenoside uko amerewe.
Inyikirizo yayo igira iti ”Nimwakire izi ndabo niyo mpano kandi ndazibahaye n’abandi mwajyanye, zibahumurire neza cyane, ni iza ya mashami yashibutse, ni iza za Nkotanyi mwavugaga, ni iza ba buzukuru bashibutse, muzakire ni izanyu!”.
Ahandi igira iti “Nari mfite kuzubaka inzu muzabamo, narimfite kuzabatetesha mu masaziro yanyu ariko ntibyankundiye, ese ubundi papa, wanteganyirizaga iki? Ese byari amashuri cyangwa se hari ibindi? Ese wari uziko narongoye? Ese uziko bucura bwawe yarongowe? Ndetse ubu abyaye kane, akira indabo tukuzaniye kandi umva n’iri jambo.”
Abinyujije kuri X, Ambasaderi Mukangira Jaqueline, uhagarariye u Rwanda mu bihugu bitandukanye birimo u Buhinde, Bangladesh, Nepal, n’ibirwa bya Maldives, yanditse ko yakozwe ku mutima no kubona abanyeshuri b’Abahinde baririmba indirimbo y’umuhanzi w’Umunyarwanda.
Ati "Birashimishije kumva indirimbo ya Ndayishimiye Joseph Musinga, iririmbwa n’abanyeshuri b’Abahinde biga muri Bal Bharti Public School. Abacu ntibazazima”
It was so touching listening to a Rwandan song of #Ndayishimiye Joseph Musinga, being performed by students of Bal Bharti Public School/India, at our yesterday's Commemoration in Delhi,of the 1994 Genocide against the Tutsi in Rwanda.@Unity_MemoryRw
#Kwibuka30.Abacu ntibazazima! pic.twitter.com/RUL6tGUWVJ— MUKANGIRA Jacqueline. (@MUKANGIRA1) April 11, 2024
Umva Mwakire Indabo ya Ndayishimiye Musinga Joseph
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!