00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

NCBA Bank Rwanda Plc yahaye ikigo cy’ishuri ibikoresho byo kwirinda Covid-19

Yanditswe na Iradukunda Regis
Kuya 23 July 2020 saa 01:05
Yasuwe :

Mu rwego rwo gushyigikira amabwiriza ya leta yo kwirinda icyorezo cya Covid-19 no guha agaciro abakiriya bayo, NCBA Bank Rwanda Plc yahaye ikigo cy’ishuri cyigenga cya Rise to Shine Nursery and Primary School, inkunga y’ibikoresho bifasha mu kwirinda iki cyorezo.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Werurwe nibwo iyi banki yatanze iyi nkunga y’ibikoresho birimo imiti isukura intoki (hand sanitisers), utwuma dupima umuriro n’uturindantoki aho iri shuri rikorera mu Murenge wa Masaka, mu Mujyi wa Kigali.

Umuyobozi Ushinzwe Imari muri NCBA Bank Rwanda, Wilson Ngyendo yavuze ko batanze iyi nkunga kugira ngo igihe cyo gusubukura amashuri bazabe biteguye kwakira no kurinda abanyeshuri.

Yavuze kandi ko ari uguha agaciro abakiliya babo, ko ndetse hari n’ibindi bigo bateganya gufasha.

Yagize ati "Muri serivisi dutanga habamo no gushyigikira uburezi yaba mu buryo bw’amafaranga cyangwa ibikoresho. Urugero ni nk’iki gikorwa twakoze uyu munsi, twabikoze mu rwego rwo guha agaciro abakiliya bacu no gushyigikira gahunda y’Igihugu cyacu yo kwirinda Covid-19.”

"Si ubwa mbere dukora ibikorwa byo gufasha abakiliya bacu, na mbere y’icyi cyorezo hari byinshi twakoze kandi by’umwihariko hari n’ibindi bigo bitandukanye dushaka gufasha.”

Umuyobozi w’ishuri Rise to Shine Bamurange Béatrice, yavuze ko bashimishijwe n’inkunga bahawe na NCBA.

Ati "Ni iby’agaciro cyane kubera ko kuva mu kwezi kwa gatatu ntituri gukora, bivuze ngo nta n’amafaranga twari dufite yo kugura ibikoresho byo kuzadufasha kwirinda twasubukuye amasomo. Sinzi ko nabona uburyo buhagije bwo kubisobanura, gusa bizadufasha cyane kuko byagabanyije igiciro twari kuzasabwa."

Uretse serivisi za banki NCBA itanga, inagira uruhare mu bindi bikorwa bitandukanye bigamije kubungabunga no guteza imbere ubuzima bw’abaturage b’aho ikorera.

Mu Ukwakira 2019 nibwo ibigo Commercial Bank of Africa Ltd na NIC Group Plc byahuye bikabyara NCBA Bank.

Nyuma yaho, taliki 31 Ukuboza 2019 Banki Nkuru y’u Rwanda yatanze uburenganzira bwo gukora nka Banki y’Ubucuruzi mu izina rishya rya NCBA Bank Rwanda Plc. Ifite amashami arenga 100 mu bihugu bitanu birimo u Rwanda, Kenya, Uganda, Tanzania na Côte d’Ivoire. .

Kugeza ubu NCBA ifite abakiliya barenga miliyoni 40, ikaba ari nayo banki ifite abakiliya benshi ku mugabane wa Afurika.

Ubuyobozi bwa NCBA Bank Rwanda Plc butanga iyi nkunga y'ibikoresho
Bamurange Beatrice uyobora Rise to Shine School ari na we washinze iki kigo
Iri shuri ryahawe imiti isukura intoki izafasha mu kwirinda COVID-19
Iri shuri riherereye i Masaka mu Mujyi wa Kigali
Wilson Ngyendo ushinzwe Imari muri NCBA Bank Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .