Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko imibiri y’abatuye Isi yamaze kuzamura ubudahangarwa bwayo bwo guhangana na Covid-19 ariko avuga ko hari impungenge ku bundi bwoko bushya bwa Coronavirus bushobora kuza.
Ati “OMS igereranya ko nibura 90% by’abatuye Isi bamaze kugira ubudahangarwa bwo guhangana na Virusi ya SARS-Cov-2, biturutse ku nkingo zagiye zitangwa.”
Yakomeje ati “Turi hafi yo kuvuga ko icyorezo cyarangiye ariko ntabwo turagera aho tubivuga. Ibyuho mu kwirinda, gupima no gutanga inkingo bikomeje gutanga urwaho rwo kuba haza ubwoko bushya bwayo kandi bushobora gutera impfu nyinshi.”
Yagaragaje ko hari ibyago byinshi byo kuba havuka ubwoko bushya bwa Covid-19 aho ubuzwi nka Omicron, uyu muryango ugaragaza ko hakiri ubwandu busaga 500 bwabwo bukiri gukwirakwira.
Nyuma yo kubona ko ubwandu bwa covid-19 bwongeye kuzamuka mu bihugu bitandukanye nk’u Bushinwa n’u Bwongereza, OMS, yasabye ibihugu gukomeza gukaza ingamba z’ubwirinzi by’umwihariko ku bantu bafite ibyago byinshi byo kuzahazwa nayo nk’abafite hejuru y’imyaka 60 cyangwa ubundi burwayi.
Imibare ya OMS igaragaza ko icyumweru gishize hagaragaye impfu 8500 z’abishwe na Covid-19 kandi igaragaza ko ari ibintu bitari bikwiye nyuma y’imyaka itatu icyorezo cyadutse.
Kuva mu 2019 Covid-19 yakwaduka, OMS imaze kubarura impfu z’abantu basaga miliyoni 6.6 ku Isi hose mu basaga miliyoni 640 bayirwaye.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!