00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igitaramo cy’Umuganura ‘Nyanza Twataramye’ cyakumbuje benshi gakondo y’u Rwanda (Amafoto)

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 6 August 2022 saa 09:37
Yasuwe :

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki 5 Kanama 2022, mu Rukari mu Karere ka Nyanza habereye Igitaramo Ndangamuco Nyarwanda cyitwa “ Nyanza Twataramye” cyabimburiwe n’ibirori byo kwizihiza Umunsi w’Umuganura.

Nyanza Twataramye ni igitaramo kimaze kuba ngarukamwaka kuva cyatangizwa mu 2014 nubwo mu myaka ibiri ishize kitabaye kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Iki gitaramo cyabaye ku nshuro ya munani, cyitabiriwe n’abahanzi barimo Intore Tuyisenge na Eric Senderi n’abayobozi barimo Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Mbabazi Rosemary; Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice; Depite Uwumuremyi Marie Claire; Abayobozi b’uturere umunani tugize Intara y’Amajyepfo; Umuyobozi w’Intebe y’Inteko y’Umuco, Amb. Masozera Robert n’abandi.

Cyaranzwe n’imbyino n’indirimbo gakondo, umurishyo w’ingoma, imikino yitsa ku muco nyarwanda, umuhamirizo w’Intore, umutambagiro w’Inyambo, kuvugira inka, ibisakuzo n’ubundi buryo bwose bwo gutarama bya kinyarwanda hagamijwe kwibutsa abakuru n’abakiri bato uwo muco.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, atanga ikaze yavuze ko “ari ibyishimo kongera guteranira hamwe nyuma y’imyaka ibiri twari tumaze tutahahurira kubera icyorezo cya Covid-19 Isi yose yahuye na cyo ndetse n’u Rwanda muri rusange.”

Abana bato bahawe umwanya wo gususurutsa abitabiriye igitaramo

Abana bato baba mu Itorero ‘Abato mu Ncuke’ nabo bahawe umwanya bataramira abantu mu mbyino zitandukanye aho bagaragaje umwihariko wo kubyina bya Kinyarwanda bigaragara ko batojwe neza.

Abana kandi basakuje ibisakuzo bitandukanye birimo ubuhanga bwatangaje abari aho.

Umupfumu Rutangarwamaboko yaboneyeho umwanya wo kwigisha abana umuco, abasaba kujya basakuza bakoresheje amazina yabo y’Ikinyarwanda aho gukoresha ayakomotse mu mahanga.

Yabivuze nyuma y’uko bamwe basakuzaga bahamagaye bagenzi babo mu mazina yakomotse mu mahanga.

Nzayisenga Sofia yakoze mu mirya y’inanga

Igitaramo nyarwanda cyakomeje bigeze saa tanu z’ijoro, Umukirigitananga Nzayisenga Sofia ataramira abari aho mu ndirimbo ze zirimo ‘Ingangi Rwayumba, Inganzwa, Inyambo n’izindi.

Yishimiwe na benshi mu buryo bugaragara kuko bafatanyaga na we kuririmba, yasoza buri ndirimbo bakamukomera amashyi.

Asoje abari aho bamusabye kuguma ku rubyiniro ariko umwanya uba muto. Yavuye ku rubyiniro hakomeza kumvikana amajwi ngo ‘mugarure Sofia’.

Nyuma ye haje ‘band’ yacuranze indirmbo nyarwanda zakunzwe hambere zirimo ‘Uko nagiye i Buganda’ n’izindi.

Hakurikiyeho Eric Senderi wagarutse ku rubyiniro ataramira abari aho kugeza ku munsi ukurikiyeho.

Uyu musaza yishimiwe na benshi mu kuvuga amazina y'inka
Umurishyo w'ingoma wasusurukije abitabiriye igitaramo
I Nyanza Twataramye ni igitaramo kimaze kuba ngarukamwaka kuva cyatangizwa mu 2014
Eric Senderi ubwo yari ageze ku rubyiniro agiye gususurutsa abitabiriye igitaramo
Iki gitaramo cyitabiriwe n'abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w'Urubyiruko n'Umuco, Rosemary Mbabazi
Abana kandi basakuje ibisakuzo bitandukanye birimo ubuhanga bwatangaje abari aho
Abacyitabiriye bongeye kwishimira guhurira hamwe nyuma y'imyaka ibiri ishize iki gitaramo kitaba kuber aingamba zo kurwanya Covid-19
Abana bato baba mu Itorero ‘Abato mu Ncuke’ nabo bataramye
Umutambagiro w’Inyambo wari unogeye ijisho
Nzayisenga Sofia yakoze mu mirya y’inanga acurangira abitabiriye igitaramo
Igitaramo i Nyanza Twataramye cyari gikumbuwe na benshi kubera imyaka ibiri yari ishize kitaba
Rutangarwamaboko yaboneyeho umwanya wo kwigisha abana umuco, abasaba kujya basakuzanya bakoresheje amazina yabo y’Ikinyarwanda aho gukoresha ayakomotse mu mahanga
Umuyobozi w'Inteko y'Umuco, Amb. Masozera Robert ari mu bitabiriye iki gitaramo
Iki gitaramo cyari kimaze imyaka ibiri kitabera i Nyanza kubera icyorezo cya Covid-19
Bayingana yasakuje na Amb. Masozera n’abandi bakomerezaho
Iki gitaramo cyabereye i Nyanza mu Rukali
Abitabiriye iki gitaramo bari benshi

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .