00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hamuritswe igitabo ku ruhare rwa Rev Dr. André Karamaga ku guhuza umuco nyafurika n’idini

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 30 November 2022 saa 05:16
Yasuwe :

Kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ugushyingo, umwanditsi w’ibitabo Prof. Tharcisse Gatwa yamuritse igitabo yanditse hamwe n’abagenzi be, kivuga ku rugendo rwa Rev Dr. André Karamaga wayoboye itorero rya EPR (Église presbytérienne au Rwanda).

Uyu mugabo yabaye n’umunyamabanga mukuru w’inama nkuru y’amatorero yose muri Afurika mu 2008.

Iki gitabo cyiswe ‘André Karamaga: Theology of dignity and Viability of the church in Africa’ cyamuritswe kuri uyu wa Kabiri ku Isano Center i Gikondo.

Ni igitabo kivuga ku buzima bwa André Karamaga wavukiye mu Rwanda, agakora imirimo itandukanye y’ubutumwa bwiza hirya no hino muri Afurika.

Kivuga ku bushakashatsi yakoze ku muco n’imibereho y’abanyafurika yigijwe ku ruhande kandi yarashoboroga kugira aho ihurira n’inyigisho za gikirisitu, ariko akaba atari ko byagenze mu gihe cy’iyaduka ry’amadini muri Afurika.

Yakanguriraga kandi abanyafurika kugira ubumenyi bwo gutekereza ku bijyanye n’iyobokamana ryubakiye ku muco w’Afurika, aho gukomeza kuba amadini n’amatorero ashingiye cyane ku muco w’abazungu.

Ni igitabo kivuga nanone kw’iyobokamana riha agaciro buri muntu ibitekerezo bye, umuco we, imibereho ye, n’ibikorwa bye, rikemera ko nta muco uruta uwundi, cyangwa idini ryakagobye kuruta ayandi.

Iki gitabo kandi kigaruka ku bikorwa bya Rev Dr.André Karamaga n’ubwitange yagaragaje nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo yafashaga abacitse kwicumu mu kububakira ndetse no gushaka imibiri y’ababo.

Mu muhango wo kumurika iki gitabo, Rev Dr. André Karamaga kuri ubu uri mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma yo kuyobora Inama nkuru y’amatorero yose muri Afurika, yari umwe bitabiriye.

Mu magambo make yavuze ko ashima Imana ndetse n’abantu batekereje kwandika ku rugendo rwe mu mwuga w’ivugabutumwa muri Afurika, ndetse asaba amadini n’amatorero gushyira hamwe.

Ati “Abagize amatorero bagomba kumenya icyo bashaka kandi bagafashanya, ndetse bakamenya aho bava naho bagana.”

Umwanditsi Prof. Tharcisse Gatwa yanditse iki gitabo afatanyije n’abandi barimo Prof. Elise Musemakweli na Prof. Simon Dossou.

Muri bo harimo abo bakoranye muri Protestants Institute of Arts and Social Science (PIASS), abayoboye amatorero mu Rwanda ndetse n’abo mu mahanga.

Uyu mugabo Prof. Tharcisse Gatwa w’imyaka 68 mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yasobanuye impamvu yamuteye kwandika kuri André Karamaga.

Ati “Hari abantu bakora ibintu byinshi byiza ugasanga bagiye batabishyize ahagaragara kugira ngo abakiri batoya babyigireho, ndetse n’igihe akiriho bashobore kumubaza icyo batumvise neza. Ni ukugira ngo nanone abantu bamenye gushimira abakoze neza bakiriho […] mu gihe nanone abanditse bavuze ku by’umuntu yakoze batazabisobanura nabi hakabura ubavuguruza.”

Iki gitabo kiri kugura ibihumbi 20 Frw cyanditswe mu rurimi rw’icyongereza, cyizashyirwa mu shuri rya Protestants Institute of Arts and Social Science (PIASS), mu isomero rikuru ry’u Rwanda riri Kacyiru, ku cyicaro gikuru cya EPR no mu nzu y’Ibitabo ‘Ikirezi’.

Rev.Prof Elise Musemakweri mu bagize uruhare mu kwandika iki gitabo
Rev.Dr Bataringaya Pascal Umuyobozi mukuru wa EPR mubatanze ijambo muri uyu muhango
Rev Dr.André Karamaga mu bitabiriye uyu muhango wo kumurika iki gitabo kimuvugaho byinshi yakoze
Rev Prof.Ndikumaba Viateur umwe mu bagize uruhare mu kwandika iki gitabo
Prof. Tharcisse Gatwa usanzwe yandika ibitabo yagize uruhare runini mu kwandika iki gitabo cyivuga kuri Rev Dr.André Karamaga
Igitabo kivuga ku rugendo n'ibikorwa bya Rev Dr.André Karamaga
Abakoranye na Dr.André Karamaga bamushyikiriza igitabo mu rwego rwo kumushimira
Bamwe mu bitabiriye uyu muhango wo kumurika ku mugaragaro iki gitabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .