Ni amarushanwa agamije gukundisha urubyiruko rwiga muri kaminuza n’amashuri makuru gusoma no kwandika ibitabo, ndetse no kwifashisha ubumenyi buri mu bitabo mu guteza imbere igihugu.
Abanyeshuri bakoze ikizamini cyo gusoma no kwandika Ikinyarwanda bari mu mashuri atandukanye nk’Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda rya Rukara, UNILAK-Ishami rya Kigali, irya Nyanza n’irya Rwamagana, East Africa University ishami rya Kigali na Nyagatare, Kaminuza ya Kigali ishami rya Musanze n’irya Kigali, ULK ishami rya Kigali n’irya Gisenyi na INES Ruhengeri.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abanditsi mu Rwanda, Hategekimana Richard, yavuze ko aya marushanwa yateguwe mu rwego rwo kwimakaza umuco wo gusoma no kwandika ibitabo hibandwa ku mateka n’umuco w’u Rwanda.
Ati “Aya marushanwa yo gusoma no kwandika ibitabo ni imbarutso yo gufasha kurema abanditsi ndetse n’abasomyi bashya mu Rwanda”.
Hategekimana kandi yashimiye za Kaminuza zitabiriye amarushanwa anashimira cyane Kaminuza zanafashije guhugura Abanyeshuri kugira ngo bazitware neza mu marushanwa
Aya marushanwa ari kuba ku nshuro ya kabiri nyuma y’ayabaye mu 2023. Buri Kaminuza izahagararirwa n’abanyeshuri batanu ba mbere bazatsinda Ikizamini, bajye guhatana ku rwego rw’Intara tariki ya 08 Werurwe 2024,
Abazatsinda ku rwego rw’Intara bazakomeza guhatana kurwego rw’Igihugu tariki ya 15 Werurwe 2024, amarushanwa ya nyuma abere kuri Kigali Convention Centre tariki 4 Mata 2024.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!