00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ab’i Rutunga basabye ko ibikorwa byo kubungabunga ibintu ndangamurage bihabarizwa byakwihutishwa

Yanditswe na Muyisenge Jean Felix
Kuya 2 August 2022 saa 04:59
Yasuwe :

Hirya no hino mu Rwanda hari ahantu havugwa mu mateka y’igihugu kubera impamvu zitandukanye. Hari ahabereye ibikorwa bidasanzwe, hatuwe cyangwa hakorerwaga n’abantu babaye ibirangirire kubera uruhare bagize mu mateka. Hari ahantu hafite ubwiza nyaburanga cyangwa undi mwihariko mu miterere karemano n’ahavugwa mu migani n’ibitekerezo bya kera.

Hamwe mu hantu ndangamurage u Rwanda rufite harimo i Rutunga muri Gasabo aho u Rwanda rwatangiriye. Aha hari igiti cy’Icubya bivuga ko cyatewe ku ngoma ya Cyirima II Rujugira akimara gutsinda bine byari byiyemeje guhanagura u Rwanda n’ahantu hari hateye ibiti bibiri bitaga Amarembo y’Imana y’Umuganura.

Kimwe muri ibyo biti bigize Amarembo y’Imana y’Umuganura, n’ibindi biranga amateka byagiye byangizwa, habaka n’impungenge y’uko n’ibindi bintu ndangamurage bihari bizangirika igihe bitabungabunzwe uko bikwiye nk’uko abaturage batuye muri aka gace babivuga.

Ibi kandi byongeye gushimangirwa ku wa Mbere, tariki 02 Kanama 2022, ubwo abagigize Inteko y’Umuco, inararibonye ku mateka bo mu Nteko Izirikana, hamwe na Nyampinga w’u Rwanda Nshuti Divine Muheto, Ibisonga bye na Nyampinga w’Umuco, Ruzindana Kelia basuraga Agace ka Rutunga.

Ni imwe muri gahunda zigize Icyumweru zatangijwe n’Inteko y’Umuco yo gusura ahantu ndangamurage hafite aho hahuriye n’umuganura abantu bakaganira ku mateka yaho.

Rutabagina Faustin w’imyaka 73 yavuze ko muri aka gace hakwiye gushyirwamo imbaraga kugira ngo harindwe amateka y’igihugu ahabarizwa.

Ati “Ubuyobozi bwatangiye gushyiramo imbaraga bimwe mu biranga amateka byatangiye no kubakirwa. Bari banatwijeje ko bagiye kuhubaka ikigo cy’umuco ariko imirimo yo kubaka ntiratangira, byaba byiza yihutishijwe.”

Umushakashatsi mu Nteko y’Umuco, Ntagwabira André, yavuze ko hakomeje gushyirwa imbaraga mu gufasha abantu cyane abakiri bato kumenya Umuganura n’amateka yaranze u Rwanda muri rusange.

Ati “Tugerageza kwegeranya amateka twifashishije ibitabo, n’abantu bakuru bayafiteho ubumenyi. Ubu hari igitabo cyenda gusohoka gikubiyemo ahantu ndangamurange hagera ku 110, hari n’ahandi duteganya kongeramo niturangiza kwegerenya ubushakashatsi ku buryo hashobora kurenga 540.”

Yakomeje avuga ko hari intambwe iri guterwa ngo ahantu ndangamurage habungaburwe ku buryo hamwe byatangiye gukorwa.

Nyampinga w’Umuco, Ruzindana Kelia, yavuze ko abona urubyiruko rutazi amateka ku rugero rukwiye, anasaba rwayiga kugira ngo ruzayageze no ku bazarukomokaho.

Mu handi hasuwe harimo Umusozi wa Huro uherereye mu Kagari ka Huro, Umurenge wa Muhondo, Akarere ka Gakenke. Ni mu cyahoze ari Bumbogo. Aha ni ho hahingwaga imbuto nkuru zakoreshwaga mu mu muganura, hari hatuye abiru bashinzwe imihango yawo, ndetse hari n’ivubiro ribafasha kumenya niba imvura izagwira igihe, bitaba ibyo bakitabaza abavubyi kugira ngo imbuto z’umuganura zibibwe kare.

Ibirori byo kwizihiza Umuganura ku rwego rw’Igihugu bizabera mu Karere ka Rulindo ku wa 5 Kanama 2022. Insanganyamatsiko yawo igira iti “Umuganura, isôoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira.”

Ba nyampinga batandukanye bitabiriye iki gikorwa
Abaturage b'i Rutunga mu Karere ka Gasabo basabye ko ibikorwa byo kubungabunga ibintu ndangamurage bihabarizwa byakihutishwa
Uyu munsi waranzwe no gucinya akadiho
Igisonga cya Mbere cya Miss Rwanda 2022, Keza Maolithia ateze amatwi ubutumwa bwatanzwe kuri uyu munsi
Igisonga cya Kabiri cya Miss Rwanda 2022, Kayumba Darina, mu basuye ibice bitandukanye i Rulindo
Umushakashatsi mu Nteko y’Umuco, Ntagwabira André, yavuze ko hashyirwamo imbaraga ngo abantu cyane abakiri bato barusheho kumenya Umuganura
Igiti cy’Icubya bivuga ko cyatewe ku ngoma ya Cyirima II Rujugira ubwo yari amaze gutsinda ibihugu bine byashakaga gutsembaho u Rwanda
Ivubiro rifasha kumenya niba imvura izagwira igihe
I Gasabo ni ho u Rwanda rwatangiriye
Ubwo bageraga ku Musozi wa Huro, bakirijwe imbyino za Kinyarwanda
Abaturage bo muri Rutunga bacinyira akadiho imbere y'Amarembo y’Imana y’Umuganura
Bari bafite akanyamuneza nyuma yo gusura ibice bitandukanye bifite amateka yihariye mu Rwanda rwo hambere
Umunsi w'Umuganura wizihizwa ku wa 5 Kanama

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .