00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nta gisubizo kirambye kiri mu gufata imiti ifasha gusinzira

Yanditswe na Balinda Yvette
Kuya 11 August 2022 saa 03:18
Yasuwe :

Bikunze kubaho mu gihe cyo gusinzira ko umuntu abura ibitotsi cyangwa agasinzira igihe gito. Ibi bikaba bitera bamwe kwifashisha imiti ibifasha kuryama neza.

Nubwo iyi miti ishobora kugufasha ariko burya si igisubizo kirambye cyo kubura ibitotsi nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi.

Imiti ifasha abantu kubona ibitotsi irimo Eszopiclone, Doxepin, Estazolam n’indi itandukanye.

Nk’indi miti yose hari ingaruka nyinshi ziba ku wabigize akamenyero gusinzira ari uko ayifashishije ndetse bikaba byatuma aba imbata yayo mu bihe bizaza.

Ku bantu bagira ibibazo by’indwara z’ubuhumekero nka Asima (Asthma) ni bo bagira ingaruka zikomeye ziturutse kuri iyi miti bitewe n’uko itera impinduka mu mihumekere isanzwe.

Iyi miti kandi itera guhorana umwuma, kuribwa n’umutwe bihoraho, guhondobera mu masaha atari ayo kuryama no kugira isesemi.

Hari naho ishobora kugutera indwara zo mu nda, isereri ya hato na hato ndetse no gucika intege k’umubiri. Ibi byose bishobora kubangamira imibereho myiza y’uyikoresheje.

Kwifashisha iyi miti bihindura imyitwarire mu bitotsi by’uyifata nko gutera uyifata kuba yavuga cyangwa se akagenda ari mu bitotsi.

Kugira inzozi mbi zitera kwikanga mu bihe umuntu asinziriye nabyo byagaragaye cyane ku bantu bakoresha iyi miti.

Hari n’ ingaruka zo ku buzima bwo mu mutwe aho usanga ukoresha iyi miti akunze kwibagirwa bikabije ndetse n’ubushobozi bwo gushishoza bukagabanuka.

Imiti ifasha gusinzira yakoreshwa mu gihe gito kandi uyandikiwe na muganga. Ntibikwiye ko uko ugize impinduka mu gusinzira wihutira kuyikoresha atari muganga ubiguhitiyemo.

Hari ubundi buryo kamere bukoreshwa mu gihe ubura ibitotsi butari imiti.

Urugero nko kwirinda ibijyanye no kunywa ikawa cyangwa se urusenda wegereje amasaha yo kuryama n’ibindi.

Ubushakashatsi bwanyujijwe mu kinyamakuru Hindawi gitangaza inkuru zijyanye n’ubuzima bwagaragaje ko 80% y’abafata iyi miti bagira imwe muri izi ngaruka kandi abakunze kwibasirwa bari hejuru y’imyaka 65.

Gukoresha imiti ifasha gusinzira igihe kirekire bishobora gutera kubatwa na yo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .