00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwibuka30: Amb Busingye yasabye u Bwongereza kuburanisha abajenosideri bahari

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 11 April 2024 saa 07:41
Yasuwe :

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye, yongeye gusabira ubutabera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho yagaragaje ko imyaka imaze kuba myinshi ntacyo bukora ku ngingo yo kugeza imbere y’ubutabera abajenosideri bakidegembya.

Ibi yabigarutseho mu butumwa yatanze mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye mu gace ka Marylebone i Londres mu Bwongereza.

Cyari cyitabiriwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, abari muri Guverinoma y’u Bwongereza, abahahagaraririye ibihugu byabo ndetse n’abasaga 600 bagize umuryango Nyarwanda muri iki gihugu.

Ni umuhango waranzwe no kugaragaza ubutumwa bwo kwibuka no guharanira ko Jenoside itakongera kubaho mu bisigo biherekeshe n’indirimbo zituje byakozwe na n’abasizi Ineza Kerschkamp na Natasha Muhoza.

Mu ijambo Amb. Busingye yatanze yavuze ko u Bwongereza ari kimwe mu bihugu bigicumbikiye abajenosideri bataragezwa imbere y’ubutabera cyangwa ngo boherezwe mu Rwanda baburanishwe.

Yagize ati “[…] ni benshi kandi baremye. Hari ibimenyetso bihagije byo kubageza imbere y’ubutabera ariko nyuma y’imyaka 30 abo bahemukiye baracyategereje umunsi wabo mu nkiko. Yego ni ibintu bifata igihe kitari gito gutegura imanza nk’izi, ariko nyuma y’ibinyacumi bitatu, buri munsi ushira uba umeze nk’igihe kirekire.”

Amb. Busingye kandi yongeyeho ko abo bataragezwa imbere y’inkiko ari nabo bagira uruhare runini mu gupfobya no guhakana Jenoside yajkorewe Abatutsi.

Bamwe mu bajenosideri bari mu Bwongereza barimo Vincent Bajinya, Célestin Ugirashebuja, Charles Munyaneza, Emmanuel Nteziryayo ndetse na Célestin Mutabaruka.

Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, yavuze ko mu myaka 30 ishize Abanyarwanda bongeye kwiyubaka.

Ati “Tuzirikana inkuru y’igihugu gito cyo muri Afurika ariko cy’ikikinyabigwi. Iki cyahisemo ubuzima hejuru y’urupfu, kwiyunga hejuru yo kwihorera, kwibuka hejuru yo kwibagirwa, guhatana hejuru yo kuguma hamwe ndetse n’imbaraga hejuru y’ubwoba.”

Ibikorwa byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Bwongereza bizakomeza, aho biteganyijwe ko bizajya bibera mu bice binyuranye by’iki gihugu birimo Scotland, Manchester, Portsmouth, Irlande no muri Jersey.

Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, yashimiye u Rwanda aho rwigejeje mu iterambere
Muri iki gikorwa hacanwe urumuri rw'icyizere
Biteganyijwe ko ibikorwa byo Kwibuka bizakomereza mu mijyi itandukanye y'iki gihugu y'u Bwongereza

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .