00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Ndayishimiye yakiranye yombi icyemezo cy’u Rwanda rwamwoherereje abarwanyi 19 ba RED Tabara

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 30 July 2021 saa 09:23
Yasuwe :

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, General Évariste Ndayishimiye, yashimye Leta y’u Rwanda yashyikirije igihugu cye abarwanyi 19 bo mu Mutwe w’Inyeshyamba za RED- Tabara [Mouvement de la Résistance pour un État de Droit] urwanya ubutegetsi bwe, bafatiwe muri Nyungwe muri Nzeri 2020.

Aba barwanyi biyemereye ko ari abo muri RED Tabara ubwo bafatwaga, bashyikirijwe u Burundi kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Nyakanga 2021 mu gikorwa cyabereye ku Mupaka wa Nemba uherereye mu Karere ka Bugesera.

Ubusanzwe uyu mutwe wa RED Tabara wakunze kumvikana mu bitero byo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ukaba ugizwe n’abahoze mu gisirikare cy’u Burundi ndetse bavugwaho kuba aribo bateguye umugambi wo guhirika ku butegetsi nyakwigendera Pierre Nkurunziza mu 2015.

Aba 19 bari bafatiwe mu Rwanda, bashyikirijwe u Burundi nyuma y’iperereza ryakozwe n’itsinda ry’ingabo rishinzwe kugenzura imipaka mu Karere k’Ibiyaga Bigari (The Expanded Joint Verification Mechanism, EJVM).

Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwa Twitter, Perezida Ndayishimiye, yashimye u Rwanda rwamushyikirije abo barwanyi kugira ngo bashyikirizwe ubutabera.

Yagize ati “Nagarutse kandi ku gikorwa cyo gushimwa cyakozwe n’u Rwanda. Uyu munsi rwahaye u Burundi abagizi ba nabi 19 binjiriye mu Majyaruguru y’u Burundi muri Nzeri 2020. Ndabashishikariza no gutanga abagerageje guhirika ubutegetsi mu 2015 kugira ngo bagezwe imbere y’ubutebera.”

Ubwo yari mu muhango wo gushyikiriza u Burundi aba barwanyi, Umuyobozi ushinzwe Ubutasi bwa Gisirikare mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Vincent Nyakarundi yashimiye EJVM yafashije kugira ngo abo barwanyi bashyikirizwe u Burundi, yizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana n’abandi mu guharanira umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Umuyobozi ushinzwe Ubutasi mu Ngabo z’u Burundi, Col Ernest Musaba, yavuze kuva yagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda umwaka ushize byatanze umusaruro w’ubufatanye mu guharanira umutekano hagati y’ibihugu byombi.

Inkuru bifitanye isano: U Rwanda rwashyikirije u Burundi inyeshyamba zafatiwe muri Nyungwe umwaka ushize

Perezida w'u Burundi, Ndayishimiye Evariste, yanyuzwe n'icyemezo cy'u Rwanda rwamwoherereje abarwanyi bo mu muMwe wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bwe
Ihererekanya ryabereye ku mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera, ari nawo utandukanya u Rwanda n'u Burundi
Abayobozi ku mpande zombi biyemeje gukomeza ubufatanye mu gucunga umutekano
U Rwanda, u Burundi na EJVM byiyemeje gukomeza gufatanya mu guharanira akarere gatekanye
Ubwo aba barwanyi ba RED Tabara bafatirwaga muri Nyungwe umwaka ushize ni uko bari bameze, gusa basubiyeyo basa neza
Nyuma yo gushyikiriza aba barwanyi u Burundi, u Rwanda rwijeje ko ruzakomeza ubufatanye mu guharanira umutekano mu karere
Aba barwanyi bafatanywe imbunda, amasasu n'ibindi bikoresho
Imwe mu mizigo irimo amasafuriya n'ibindi byafatanywe aba barwanyi umwaka ushize

Amafoto ya IGIHE: Mucyo Jean Régis


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .