00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gahunda y’u Bwongereza yo kohereza abimukira mu Rwanda igiye kongera kugibwaho impaka

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 18 April 2024 saa 02:42
Yasuwe :

Abagize icyiciro kibanza cy’umutwe w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza tariki ya 22 Mata 2024 bazongera bajye impaka kuri gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, nyuma y’aho abo mu cya nyuma batoye amavugurura yo kuyikereza.

Ku wa 16 Mata, abadepite bari banze umushinga w’amavugurura wateguwe n’abatavuga rumwe na guverinoma y’u Bwongereza, biba ngombwa ko ujyanwa mu cyiciro cya nyuma kugira ngo abakigize na bo bagaragaze uko bawumva.

Ikigamijwe muri uku guhererekanya umushinga w’itegeko hagati y’ibyiciro byombi kwiswe ‘Ping Pong’, ni ukugira ngo ihuze umurongo ku buryo iwubona; iwemeze cyangwa iwange, hamenyekane icyakurikiraho kuri iyi gahunda.

Biteganyijwe ko nyuma y’impaka zizaba tariki ya 22 Mata, ku ya 23 Mata 2024 umushinga uzasubizwa mu cyiciro cya nyuma kugira ngo abakigize na bo bongere bawujyeho impaka.

Bitewe n’ubwiganze bw’abari mu ishyaka ry’aba-Conservatuers riyoboye guverinoma mu cyiciro kibanza, hari amahirwe y’uko bazakomeza gutora, banga aya mavugurura.

Mu cyiciro cya nyuma na bo bashobora kuzakomeza gukora aya mavugurura, bayashyigikira bitewe n’uko cyiganjemo abo mu ishyaka ry’abakozi batavuga rumwe na guverinoma.

Umuyobozi wa Angilikani uri mu batagira ishyaka babogamiyeho bari mu cyiciro cya nyuma cy’Inteko, Justin Welby, aherutse guca amarenga ko amaherezo we na bagenzi be bazava ku izima mu gihe icyiciro cya mbere kizakomeza kwanga aya mavugurura.

Muri Werurwe 2024, Welby yagize ati “Amaherezo, abagize icyiciro cya nyuma bazavuga bati ‘Birahagije, twagaragaje aho duhagaze, murabyanga, birangiriye aha’.”

Amavugurura agibwaho impaka arimo irisaba ko urukiko ari rwo rwagira ububasha bwo kwemeza niba u Rwanda rutekanye ku bimukira n’iryemerera abakoranye n’u Bwongereza mu nzego z’umutekano mu bihugu nka Afghanistan kuguma mu Bwongereza.

Abagize icyiciro kibanza bagiye kongera kujya impaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .