Google yatangaje ko iki cyemezo cyafashwe kuko aba bakozi babangamiye imigendekere isanzwe y’akazi.
Umuvugizi wa Google yagaragaje ko ibyakozwe n’aba bakozi bifatwa nko kubangamira abandi bakozi no kubabuza kugera aho bakorera kandi ari ukurenga ku mabwiriza agenga iki kigo.
Ati “Nyuma yo kwanga ubusabwe bwacu ngo bahagarike ibikorwa byabo, abashinzwe umutekano baje kubikuriraho kugira ngo umutekano wo mu kazi urusheho kuba mwiza.”
Mu ntangiriro z’iki cyumweru itsinda rimwe ry’aba bakozi bigaragambirije ku biro by’Umuyobozi mukuru wa Google Cloud, Thomas Kurian, biherereye mu Mujyi wa Sunnyvale muri California mu gihe abandi bagiye bakicara amasaha umunani ku biro bya Google i New York.
Aba batishimiye umubano wa Google na Israel, biyise ‘No Tech for Apartheid’, bishatse kuvuga ko hadakwiye umubano w’ikigo nk’iki cy’ikoranabuhanga n’abashyize imbere ivangura.
Kuva mu 2021 abakozi benshi b’iki kigo bagiye batangaza ko batishimiye na busa amasezerano ‘Nimbus’ Google na Amazon byagiranye na Israel. Hari kandi amakuru yagiye ashyirwa hanze avuga ko igisirikare cy’iki gihugu cyifashisha Google Cloud n’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano rya Google, byose bikaba ari ibyinubirwa n’aba bakozi.
Ibinyamakuru +972 Magazine na Local Call, byashyize hanze amakuru y’ibanga mu ntangiriro za Mata, avuga ko igisirikare cya Israel cyifashisha porogaramu y’ubwenge bw’ubukorano ya ‘Lavender’ mu gushakisha ahari abantu muri Gaza hagaterwa ibisasu, ariko iki gisirikare gitangaza ko cyifashisha iyi porogaramu mu bikorwa by’ubusesenguzi gusa.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!