Ubushinjacyaha bwo muri Pologne kuri uyu wa 18 Mata 2024 bwasobanuye ko uyu mugabo yemereye ubutasi bw’u Burusiya kujya abuha amakuru yo ku kibuga cy’indege cya Rzeszów-Jasionka kiri mu bilometero hafi 100 uvuye muri Ukraine.
Iki kibuga cy’indege kiri mu Majyepfo ya Pologne ni cyo Zelensky akunze kwifashisha iyo agiye kugirira uruzinduko mu bindi bihugu. Ni na cyo kinyuzwaho inkunga ijya muri Ukraine, iturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu by’i Burayi.
Nk’uko CNN yabitangaje, abashinzwe umutekano muri Pologne bataye muri yombi uyu mugabo nyuma y’aho Leta ya Ukraine ibashyikirije ibimenyetso bigaragara ko ari muri uyu mugambi.
Uyu mugabo atawe muri yombi nyuma y’amasaha make Leta y’u Budage na yo itangaje ko yafashe abagabo babiri bakoranaga n’ubutasi bw’u Burusiya mu mugambi wo gushaka guhagarika inkunga zoherezwa muri Ukraine.
Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu Budage, Nancy Faeser, yabwiye abanyamakuru ati “Inzego z’umutekano zacu zakumiriye ituritswa ry’ibisasu ryari rigamije guhagarika inkunga yacu ijya muri Ukraine. Iki ni ikintu gikomeye cy’umukozi ukekwaho gukorera Leta y’inyabyaha ya Putin.”
Si ubwa mbere haketswe umugambi wo kwica Zelensky, kuko muri Kanama 2023 hatawe muri yombi umugore byavugwaga ko ashobora kuba yarakusanyaga amakuru y’uruzinduko rw’uyu Mukuru w’Igihugu mu karere ka Mykolaiv kugira ngo agabweho igitero cy’indege.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!