00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

William Ruto na Burna Boy bashyizwe ku rutonde rw’abantu 100 bavuga rikijyana ku Isi

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 18 April 2024 saa 04:43
Yasuwe :

Perezida wa Kenya, William Ruto, umuhanzi Burna Boy n’abandi bari ku rutonde rw’abantu 100 bavuga rikumvikana, rwakozwe n’ikinyamakuru cyo muri Amerika, Time Magazine.

Ni urutonde rw’abantu 100 bakora imirimo itandukanye ariko igira uruhare mu guhindura ubuzima bw’ikiremwamuntu.

Bamwe mu Banyafurika barimo ni William Ruto uyobora Kenya, washyizwe ku rutonde kubera umuhate we mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Umuhanzi wo muri Nigeria, Burna Boy na we yashyizwe ku rutonde rw’abavuga rikijyana kuko yagize uruhare mu iterambere ry’injyana ya Afrobeats mu myaka icumi ishize.

Uru rutonde kandi ruriho Umunya-Uganda uharanira uburenganzira bw’abaryamana bahuje igitsina’ LGBTQ’,Dr Frank Mugisha.

Abandi Banyafurika bashyizwe ku rutonde na Time Magazine barimo Kennedy Odede, umunya-Kenya wandika ibitabo akaba na rwiyemezamirimo. Hari kandi Julienne Lusenge, umunye-Congo uharanira uburenganzira bwa muntu ariko by’umwihariko inzirakarengane z’intambara zayogoje uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Julienne Lusenge yashinze umuryango witwa SOFEPADI, ufasha abagore bagizweho ingaruka n’intambara, akabafasha kongera kwiyubaka no kubavura ibikomere baterwa n’ubugizi bwa nabi bakorerwa.

Burna Boy afatwa nk'uwagize uruhare mu iterambere rya Afrobeats, injyana yo muri Nigeria
William Ruto afatwa nk'ijwi ry'Afurika mu gushakira umuti ikibazo cy'ibihumanya ikirere
Julienne Lusenge aharanira uburenganzira bw'abagore bakorerwa ihohoterwa rikorwa n'inyeshyamba zo mu Burasirazuba bwa Congo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .