Kuri uyu wa Kabiri nibwo Bathily yashyikirije Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres ubwegure bwe, nyuma y’amezi 18 agerageza gushakira igisubizo ibibazo bya politiki bimaze igihe muri Libya.
Kuva mu 2011 ubwo Muammar Gaddafi yavanwaga ku butegetsi akicwa, Libya yinjiye mu bihe bigoye aho igihugu gisa nk’icyabuze ukiyobora. Ni igihugu cyacitsemo ibice bibiri aho Guverinoma imwe ikorera mu mujyi wa Tripoli indi igakorera mu Burasirazuba mu mujyi wa Benghazi.
Bathily yavuze ko bibabaje kuba abaturage barambiwe kubaho nta cyerecyezo igihugu gifite nyamara abanyapolitiki bakaba batabashaka.
Ati “Birababaje cyane kuba abaturage ba Libya bashaka kuva muri ibyo bibazo ariko Loni ikaba nta buryo bwo kubafasha ifite.”
Yakomeje agira ati “Bica intege kubona abantu bari mu myanya y’ubutegetsi bashyira inyungu zabo imbere kurusha iz’igihugu cyabo. Ubusambo bw’abari ku butegetsi kuri ubu butuma nta gihinduka.”
Yavuze ko inshuro nyinshi yagerageje guhuriza hamwe impande zitavuga rmwe ngo zishakire igihugu umurongo ariko bikaba bisa nk’ibyananiranye.
Bathily yeguye nyuma y’uko no mu Ugushyingo 2021 uwari wamubanjirije muri uwo mwanya Jan Kubis yeguye ku mpamvu zijya gusa nk’izo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!