00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yahuye n’Umuyobozi wa EAC

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 17 April 2024 saa 10:35
Yasuwe :

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramphosa, yahuye na Perezida wa Sudani y’Epfo akaba n’Umuyobozi w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Salva Kiir Mayardit.

Ramaphosa yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Sudani y’Epfo kuri uyu wa 16 Mata 2024. Ibiro bye byasobanuye ko rugamije kongerera imbaraga umubano w’ibihugu byombi.

Byagize biti “Nyakubahwa Perezida Cyril Ramaphosa yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Juba muri Sudani y’Epfo, mu ruzinduko rw’akazi rwo kongerera imbaraga umubano usanzwe hagati ya Afurika y’Epfo na Sudani y’Epfo.”

Uyu muyobozi yabanje mu Rwanda tariki ya 7 Mata 2024, aho yaganiriye na Perezida Paul Kagame ku buryo bwo gukemura impamvu muzi z’umutekano muke uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ramaphosa ubwo yavaga mu Rwanda, yabwiye abanyamakuru ko intambara iri hagati y’ingabo za RDC n’umutwe witwaje intwaro wa M23 yahagarikwa n’ibiganiro bya politiki bidaheza buri ruhande.

Tariki ya 15 Mata, Ramaphosa yagiye muri Uganda, ku munsi wakurikiyeho aganira na Perezida Yoweri Museveni kuri iyi ntambara yo muri RDC. Bafashe umwanzuro wo gukorana, bashaka amahoro arambye mu karere.

Byitezwe ko mu bindi uyu Mukuru w’Igihugu aganira na Perezida Kiir harimo iki kibazo cyo muri RDC, barebere hamwe uko cyakemuka bigizwemo uruhare na buri ruhande.

EAC yari yarohereje mu burasirazuba bwa RDC ingabo zo gufasha impande zihanganye guhagarika imirwano no kujya mu mishyikirano, ariko ubutegetsi bw’iki gihugu bwazirukanye mu Ukuboza 2023, buzisimbuza iz’umuryango wa Afurika y’amajyepfo, SADC.

Afurika y’Epfo ni yo iyoboye umutwe w’ingabo za SADC muri RDC, ndetse ni na cyo gihugu gifitemo nyinshi. Ubutumwa zahawe ni ubwo kurwanya M23, bitandukanye n’uko byari bimeze ku ngabo za EAC.

Mu kiganiro na SABC News, Perezida Kagame aherutse kugaragaza ko SADC yagombaga gukorana na EAC; iyi miryango yombi igashakira hamwe igisubizo kuri iyi ntambara. Yari yanateguje ko iki gitekerezo akigeza kuri Ramaphosa mu gihe azaba yageze mu Rwanda.

Ramaphosa ari kugirira uruzinduko mu bihugu bigize EAC nyuma yo guhura no kuganira na Perezida Kagame ku bisubizo bikwiye byakemura intambara yo muri RDC.

Ramaphosa yahuye na Salva Kiir nyuma ya Paul Kagame na Museveni
Ibiro bya Perezida Ramaphosa byatangaje ko uruzinduko rwe rugamije gushimangira umubano usanzwe hagati ya Sudani y'Epfo na Afurika y'Epfo
Perezida Kiir kuri ubu ni we Uyoboye Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba, EAC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .