00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kirehe: Imibiri 168 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro i Nyarubuye

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul, Thamimu Hakizimana
Kuya 15 April 2024 saa 02:33
Yasuwe :

Imibiri 168 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yari ishyinguye mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Kirehe yimuriwe mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyarubuye, hongera kugawa abadatanga amakuru ku hari imibiri itari yashyingurwa mu cyubahiro.

Guhera tariki ya 14 Mata mu 1994 mu gihe cy’iminsi itatu, Abatutsi basaga ibihumbi 51 bari bahungiye kuri Paruwasi Gaturika ya Nyarubuye bishwe urubozo n’Interahamwe zikoresheje ibisongo n’amafuni.

Ni igikorwa cyayobowe n’abari abayobozi ba Komini Rusumo barangajwe imbere na Burugumesitiri Gacumbitsi Sylivestre n’abandi bayobozi batandukanye.

Umwihariko wa Jenoside yakorewe Abatutsi ba Nyarubuye ni ubunyamanswa bwakoreshejwe burimo kubatema amaraso yabo agashyirwa mu mivure , Interahamwe zaryaga imitima yabo ndetse hari n’aho imirambo yashyirwagamo urusenda kugira ngo bamenye abakiri bazima.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno, yagaragaje ko Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyarubuye yakoranywe ubugome budasanzwe umuntu wese atakwiyumvisha, ashimira Inkotanyi zahageze abantu batari bashira zikabarokora.

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Kirehe, Nduwimana Bonaventure yashimiye abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi batanze imbabazi ku babahemukiye bamwe bakanaziha abantu batabasabye imbabazi.

Yasabye Leta ko yabafasha mu kuganiriza abantu bagatanga amakuru kuko hari imibiri myinshi itari yashyingurwa mu cyubahiro kugira ngo iboneke bene yo baruhuke.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibidukikije, Dr Uwera Claudine, yihanganishije imiryango y’abarokotse yaburiye ababo i Nyarubuye. Yavuze ko nubwo Jenoside yakoranwe ubukana mu minsi itatu gusa ngo hari abarokotse, bagize ubutwari bwo kubabarira abizeza ko Leta izakomeza kubitaho.

Ati “ Leta irashimira uko abarokotse bitwaye muri uru rugendo, babaye intwari, biremamo icyizere cyo gukomeza kubaho bariyubaka. Nkuko Leta yababaye hafi izakomeza kubitaho nk’icyiciro kidasanzwe mu bibazo bahura nabyo.”

Minisitiri Uwera yijeje abarokotse ko ibyifuzo byatanzwe ko abantu bagize uruhare mu kwica abatutsi bahungiye muri Uganda bafatwa, yabijeje ko Leta izakomeza kubishyiramo imbaraga kuburyo buri wese azaryozwa iki cyaha, yasabye buri wese kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside bahereye mu bakiri bato kugira ngo ibyabaye bitazongera kubaho ukundi.

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Nyarubuye rusanzwe rushyinguyemo imibiri ibihumbi 58 y’abatutsi bari bahungiye kuri Paruwasi ya Nyarubuye baturutse muri Komini Rusumo, Komini Rukira, Birenga, Kigarama n’ahandi henshi.

Imibiri 168 yari mu rwibutso rwa Ruharama yimuriwe mu rwibutso rwa Nyarubuye
Abayobozi batandukanye bitabiriye iki gikorwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .