00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bite by’umushinga wo guharira imwe mu mihanda yo muri Kigali bisi zitwara abagenzi?

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 16 February 2024 saa 05:32
Yasuwe :

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yavuze ko amavugurura akomeje gukorwa mu rwego rwo gutwara abantu n’ibintu mu buryo bwa rusange, ari kimwe mu byadindije gahunda yo kugena imihanda yahariwe bisi zitwara abagenzi.

Muri Nzeri 2023, Umujyi wa Kigali watangaje ko mu ntangiriro z’umwaka wa 2024, hazaba haratangiye igerageza ryo kugira imihanda igenerwa imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange nka kimwe mu bisubizo bigamije kugabanye umuvundo w’ibinyabiziga mu mihanda.

Ku ikubitiro imihanda itatu yari yatangajwe ko ishobora kuzajya iharirwa imodoka zitwara abagenzi yari uva mu Mujyi (Nyarugenge) ugakomeza Rwandex-Sonatubes-Giporoso; uturuka mu Mujyi ugana Kimironko, ndetse n’uturuka mu Mujyi ugana Kicukiro.

Minisitiri Gasore yabwiye IGIHE ko bikiri kwigwaho ariko ko igihe cyo kubishyira mu bikorwa kitaragera kuko hari gukorwa impinduka nyinshi mu rwego rw’ubwikorezi.

Ati “Buriya tuba turi kubyigaho buri munsi, ni byo gahunda irahari ariko impinduka nyinshi ziziye rimwe na zo zishobora kugira ibyo zihungabanya. Turi guhindura uburyo abantu bishyura, bisi nshya tuziha imihanda mishya, ni yo mpamvu tutabizaniye rimwe.”

Yagaragaje ko kubishyira mu bikorwa na byo bisaba ubushishozi kugira ngo bitazahungabanya abandi badakoresha bisi mu ngendo zabo.

Ati “Ikindi ni ukureba ihungabana rishobora guturuka ku bantu bakoresha imodoka zabo. Urabona imihanda y’iwacu iyo uyigendamo mu gitondo biba bisa n’ibigoranye, gufata abo bantu ukabambura imwe mu mihanda bishobora gutera ihungabana rinini mu mikorere yabo cyangwa bakanafungana za bisi washakiraga inzira ukazibura.”

“Ntabwo rero twabyibagiwe ariko twanze gutura abantu ho impinduka nyinshi ziziye hamwe.”

Umujyi wa Kigali kandi mu rwego rwo kugabanya umuvundo w’imodoka, uteganya kubaka imihanda mishya 40 itandukanye.

Ikindi cyakozwe ni uburyo bwo koroshya urujya n’uruza aho mu masaha y’umugoroba amakamyo agenerwa amasaha yo guparika kugira ngo bigabanye umuvundo w’imodoka.

Kongera umubare w’imodoka zitwara abagenzi bijyana no kongera ibikorwa remezo zikoresha kugira ngo abazikoresha batamara igihe kirekire mu nzira.

MININFRA yasobanuye ko gushyiraho imihanda izaharirwa imodoka zitwara abagenzi bisaba ubushishozi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .