00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mount Kigali University yashyikirije Imbuto Foundation miliyoni 45,5 Frw zo kwishyurira ishuri abatishoboye

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 16 February 2024 saa 05:07
Yasuwe :

Mount Kigali University yashyikirije Umuryango Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 45,5 Frw yo gufasha muri gahunda yo gushyigikira abana bari mu mashuri yisumbuye kubona amafaranga y’ishuri n’ibindi byangombwa nkenerwa.

Abanyeshuri bafashwa muri iyi gahunda ni abitwara neza kurusha abandi, haba mu masomo ndetse no mu bijyanye n’ikinyabupfura ariko kandi bakomoka mu miryango itabasha kubishyurira.

Uretse kubishyurira amafaranga y’ishuri, buri mwaka aba bana bateganyirizwa ingando, aho bigishwa ubumenyi burimo kwita ku buzima bwabo, kubyaza umusaruro amafaranga babona kabone n’iyo yaba make n’izindi mpanuro zituruka ku bo mu nzego zitandukanye.

Mount Kigali University ni umufatanyabikorwa muri iyi gahunda kuva mu 2018. Yatangiye itanga miliyoni zirenga 25 Frw ndetse ubu iyi mikoranire yakomeje gukura aho iyi kaminuza igeze kuri miliyoni zirenga 45 Frw.

Ubu bufatanye bumaze kugirira inyungu abanyeshuri barenga 215 ariko kuri uyu munsi abacyiga bagera kuri 128, ari na bo bagenerwabikorwa b’iyi nkunga yatanzwe uyu munsi.

Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Umuryango Imbuto Foundation, Vugayabagabo Jackson yavuze ko hari ingero nyinshi z’ibifatika z’abamaze kungukira muri iyi gahunda ku buryo bahawe amahirwe yo kwiga mu gihe bitashobokaga, ubu bakaba bari guteza imbere imiryango yabo n’igihugu.

Ati “Niba uyu munsi umwana yarahawe amahirwe akarangiza akaba ari umuganga, iyo atitabwaho ntabwo abo bantu baba bari kuvurwa. Ni byinshi bimaze kugerwaho. Nka Imbuto Foundation twizera ko iyo wigishije Umunyarwanda uba utanze amahirwe y’iterambere rirambye ku gihugu n’umugabane muri rusange.”

Umuyobozi Mukuru wa Mount Kigali University, Dr Martin Kimemia Gathiru, yavuze ko bahisemo kwinjira muri ubu bufatanye kuko bashyigikiye ko abana babona amafaranga abafasha kwiga bakagera ku ntego zabo.

Ati “Hari abantu benshi bagaragaza ko bakaneye ubufasha ariko uyu munsi usanga bamwe atari inyangamugayo mu gihe Imbuto Foundation ifite ubuhamya bwivugira. Buri wese yakwishimira gukomezanya na yo.”

Uretse ubufatanye mu bijyanye no kurihira abana batishoboye ishuri muri gahunda ya Edified Generation, Imbuto Foundation na Mount Kigali University bari gufatanya mu mushinga uyu muryango ufite wo gushyiraho ingo mbonezamikurire mu bice bitandukanye.

Hemeranyijwe ko bagiye gushyiraho urugo mbonezamikurire mu Karere ka Kicukiro, ruzuzura rutwaye arenga miliyoni 150 Frw, uyu munsi bakaba bari mu mirimo mbanzirizamushinga, kubaka nyir’zina bikazatangira vuba.

Gahunda ya Edified Generation yatangijwe mu 2002, aho umwana umwe ahabwa inkunga ifite agaciro 400$ ni ukuvuga arenga ibihumbi 400 Frw ku mwaka, amufasha kwishyura amafaranga y’ishuri, ubwishingizi bwo kwivuza n’ibindi.

Kugeza uyu munsi abagera kuri 10.641 bamaze kungukira muri iyi gahunda ndetse muri iki gihe gahunda imaze, hateguwe ingando zigera kuri 13 n’abakobwa 46 bamaze guhabwa buruse zibafasha kwiga muri kaminuza.

Gushyikiriza impano Imbuto Foundation kwa Mount Kigali University byahuriranye no gufungura ivuriro iyi kaminuza yujuje, rizafasha kuvura Abanyarwanda ndetse no gutanga ubwishingizi bwo kwivuza ku banyeshuri n’abakozi b’iyi kaminuza ndetse n’abaturage bazabwifuza.

Mount Kigali University ni umwe mu bafatanyabikorwa ba Imbuto Foundation muri gahunda ya Edified Generation
Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Umuryango Imbuto Foundation, Vugayabagabo Jackson ageza ijambo ku bitabiriye umuhango wo kwakira inkunga bagenewe na Mount Kigali University
Umuyobozi wa Mount Kigali University, Dr Martin Kimemia Gathiru yatangaje ko bo na Imbuto Foundation bagiye kubaka urugo mbonezamikurire ruzatwara miliyoni zirenga 150 Frw
Umuyobozi Mukuru wa Mount Kenya University, Simon Gicharu ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye umuhango
Imbuto Foundation yakiriye inkunga ya miliyoni zirenga 45 Frw yatanzwe na Mount Kigali University izafasha kwishyurira abana batishoboye ishuri
Umuhango wo gutanga inkunga yageneye Imbuto Foundation, Mount Kigali University yawujyanishije no gufungura ivuriro
Ivuriro ryatashywe ku mugaragaro n'Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi
Abayobozi batambagijwe ivuriro Mount Kigali University yujuje
Ivuriro ryatangijwe na Mount Kigali University rifite ibikoresho bigezweho cyane ko rizafasha no mu guha abanyeshuri biga ibijyanye n'ubuvuzi muri iyi kaminuza ubumenyi butangirwa ku murimo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .