00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yatanze ipeti rya ‘sous-lieutenant’ ku basirikare 624

Yanditswe na Iradukunda Serge
Kuya 15 April 2024 saa 01:50
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yatanze ipeti rya sous-lieutenant ku basore n’inkumi 624 barangije amasomo yabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako.

Uyu muhango kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mata mu 2024 witabiriwe n’abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano z’u Rwanda barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, (IGP), CG Felix Namuhoranye.

Aba basirikare basoje amasomo yabo bagize icyiciro cya 11 cy’abagize uru rwego rw’umutekano baciye muri iri shuri ry’i Gako.

Bamwe muri bo bahawe amasomo n’imyitozo ya gisirikare nyuma yo kurangiza amasomo yabo ya kaminuza.

Abandi bakurikiranye aya masomo n’imyitozo bya gisirikare babibangikanya n’andi masomo ya kaminuza mu mashami atandukanye arimo nk’Ubuvuzi, Ikoranabuhanga mu by’Itumanaho, Imibare n’Ubugenge, Ibinyabuzima n’Ubutabire, Amategeko n’ibindi.

Umuyobozi Mukuru w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako yavuze ko nubwo aba basirikare 624 basoje amasomo y’Abofisiye abinjiza mu Ngabo z’u Rwanda, hari bagenzi babo 25 batabashije kuyasoza biturutse ku mpamvu zitandukanye zirimo iz’ubuzima, kunanirwa amasomo n’imyitwarire idahwitse.

Uyu muyobozi yakomeje ashima umuhate aba basirikare basoje amasomo yabo bagaragaje mu gihe bari bamaze muri iri shuri.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye uyu muhango, Perezida Paul Kagame yashimye abarangije amasomo yabo ndetse n’imiryango yabo yabemereye kwinjira mu kazi ko kurinda Igihugu.

Ati “Ndagira ngo kandi nshimire aba ba ofisiye bashya kuba barahisemo gukorera igihugu cyabo cy’u Rwanda mu Ngabo z’Igihugu, no kuba bararangije amasomo yabo neza. Ndashimira cyane n’abarimu babigishije mu bumenyi butandukanye. Ndagira ngo nanone nshimire ibihugu by’inshuti byafashije mu kwigisha abandi ba ofisiye bamaze kurahirira kwinjira mu ngabo z’u Rwanda. Ababyeyi namwe ndabashimira cyane kuba mwarashyigikiye mukanashishikariza abana banyu guhitamo uyu mwuga.”

Yakomeje avuga ko “aba ba ofisiye bamaze umwaka urenga hano mu masomo n’imyitozo itoroshye, bahavanye ubumenyi n’ubushobozi butandukanye. Bageze kuri iyi ntambwe kubera ko babyitwayemo neza, bagaragaza imbaraga, ubuhanga n’imyitwarire myiza, bikaba aribyo bibahesheje kurangiza aya masomo neza.”

Perezida Kagame Yagaragaje ko adashidikanya ku bushobozi n’umuhate w’aba basore n’inkumi.

Ati “Kuri aba ba ofisiye bashya sinshidikanya ko ubu mwiteguye buhagije kandi mufite ibisabwa byose kugira ngo mwuzuze neza inshingano zanyo zo kurinda ubusugire, umutekano n’iterambere ry’igihugu cyane cyane n’abagiteguye.”

Yabibukije ko mu nshingano bafite z’ibanze harimo kubungabunga umutekano w’Igihugu n’Abanyarwanda.

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame yabwiye abinjiye mu ngabo z’u Rwanda ko umwuga w’igisirikare utagizwe gusa no kurwana intambara.

Ati “Hari abibwira ko umwuga w’ingabo ari ukurwana intambara gusa, ntabwo aribyo, intambara abantu bayirwana iyo byabaye ngombwa, iyo hari impamvu. Iyo mpamvu ifite uko isobanurwa cyane cyane intambara zirwanwa uko twe tubyumva nk’u Rwanda ni iyo umuntu akubujije amahoro mu byawe, ndetse akagushotora aganisha muri iyo nzira y’intambara, cyangwa se akoresha intambara muri ibyo byose, ari ukukubuza uburenganzira, amahoro, kukubuza iterambere cyangwa no gusenya ibyo umaze kubaka.”

Muri aba basirikare basoje amasomo yabo harimo abofisiye 522 bahawe amasomo n’imyitozo mu gihe cy’umwaka umwe, 102 bize amasomo y’igihe kirekire n’abofisiye 33 barangije amasomo yabo y’igisirikare mu bihugu by’amahanga.

Umuyobozi muri Minisiteri y’Ingabo Ushinzwe ubutwererane mpuzamahanga, Brig Gen Patrick Karuretwa, ubwo yari ageze i Gako arikumwe n’abashyitsi bitabiriye uyu muhango
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa na Minisitiri w’Umutekano, Gasana Alfred ubwo bageraga i Gako
Perezida Paul Kagame ubwo yari ageze mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako
Perezida Kagame yabanje kwerekwa abasirikare barangije amasomo yabo
Perezida Kagame yabanje kwerekwa abasirikare bari bukore akarasisi
Perezida Kagame yahaye icyubahiro Ibendera ry’Igihugu
Perezida Kagame arikumwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga n’Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako, Brig Gen Franco Rutagengwa
Perezida Kagame arikumwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga
Perezida Kagame yafatanye ifoto y’urwibutso n’aba basirikare
Uyu muhango witabiriwe n’abasirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda
Ubwitange n’umurava ni kimwe mu biranga abasirikare b’u Rwanda
Aba basirikare binjiye mu cyiciro cy’abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda
Muri uyu muhango hifashishwa Ibendera ry’u Rwanda n’irya RDF
Iyo aba basirikare bashya binjira mu ngabo z’u Rwanda babanza gukora indahiro
Abakobwa bahawe rugari mu Ngabo z’u Rwanda
Igisirikare ni umwuga utagiheza n’abana b’abakobwa
Aba basore barangije amasomo ya gisirikare basabwe kutemera kugaraguzwa agati
Ingabo z’u Rwanda zikora akarasisi ziba zambaye impuzankano z’ubwoko butandukanye
Abanyeshuri barangije amasomo ya gisirikare baba bagomba kwiyerekana mu karasisi
Akarasisi k’Ingabo z’u Rwanda ni kimwe mu biryoshya ibi birori
Ni umuhango waranzwe n’imyiyerekano ya gisirikare
Abasirikare b'u Rwanda basabwe guhorana umutima wo kwanga agasuzuguro
Byari ibyishimo kuri aba basirikare bashya n’ababyeyi babo bari bagiye kubashyigikira
Byari ibyishimo kuri aba basore binjiye mu Ngabo z’u Rwanda n’ababyeyi babo
Imiryango iba yagiye gushyigikira abana bayo binjiye mu gisirikare
Umuhango ukirangira benshi muri aba basirikare birutse bajya gusuhuza abagize imiryango yabo
Aba basirikare bagize umwanya wo kwishima nyuma yo kurangiza amasomo yabo
Urukumbuzi rwari rwose kuri aba basirikare n’ababyeyi babo
Ababyeyi bafatanyije n’aba bana babo binjiye mu gisirikare gucinya akadiho
Bamwe muri aba basirikare bakirijwe indabo n’imiryango yabo

Amafoto: Nezerwa Salomon


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .