00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yitabiriye ibiganiro by’Abakuru b’Ibihugu ku bidukikije muri Afurika

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 16 February 2024 saa 08:23
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yitabiriye ibiganiro byahuje Abakuru b’Ibihugu, bagaruka ku bidukikije birimo amashyamba n’ibindi bimera byo muri Afurika, harebwa uko hakemurwa ikibazo cy’ubusumbane mu ishoramari rigamije guhangana n’ihindagurika ry’ibihe muri kuri uyu Mugabane.

Ni Ibiganiro byabereye i Addis Ababa muri Ethiopia, aho Perezida Paul Kagame yitabiriye Inama ya 37 y’Inteko Rusange isanzwe y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bo mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 16 Gashyantare 2024, nibwo Perezida Kagame yitabiriye ibi biganiro.

Village Urugwiro ivuga ko “Kuri iki gicamunsi, Perezida Kagame yifatanyije n’Abakuru b’Ibihugu ba Afurika mu biganiro ku bidukikije [Africa Green Wealth Presidential Roundtable] byayobowe na Perezida wa Congo, Sassou Nguesso afatanyije na Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, Dr Akinwumi Adessina. Ibi biganiro byibanze ku guhangana n’ubusumbane mu ishoramari rikorwa mu mishinga ijamije guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.”

Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, AfDB imaze igihe ishora imari mu mishinga itangiza ibidukikije.

Kuwa 24 Mutarama 2024, Inama y’Ubutegetsi ya AfDB yemeje umushinga wo gushora ingengo y’imari ya miliyoni 10 z’Amadorali ya Amerika mu bikorwaremezo bibungabunga ibidukikije muri Afurika.

Ishyamba ryo mu Kibaya cya Congo rifite miliyoni 300 ni ryo bihaha binini bya Afurika bifasha umugabane mu gukurura imvura, ndetse rishobora kubonekamo ibimera bisaga amoko ibihumbi 10.

Bivugwa ko iri shyamba ritunze ababarirwa muri miliyoni 40 barikuramo ibiti n’ibimera bifashisha mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Baganiriye ku bidukikije bya Afurika, harebwa uko harandurwa ubusumbane mu ishoramari ryerekezwa mu guhangana n'imihindagurikire y'ibihe
Perezida Kagame yitabiriye ibiganiro by’Abakuru b’Ibihugu ku bidukikije muri Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .