00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abacamanza bashya, abasaba kurandura ruswa n’ibyaha bimunga ubukungu

Yanditswe na Muhonzire Sylvine
Kuya 14 May 2021 saa 01:24
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu yakiriye indahiro z’abacamanza batatu barimo uw’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Aimé Karimunda Muyoboke, wari usanzwe ari Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire.

Usibye Dr Muyoboke, abandi barahiye ni Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire François Régis Rukundakuvuga wagiyeho asimbuye Dr Karimunda ndetse na Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi, Clotilde Mukamurera wari umaze igihe ari umucamanza muri uru rukiko.

Abarahiye uko ari batatu bahawe iyi myanya kuwa 21 Mata 2021 na Perezida Paul Kagame.

François Régis Rukundakuvuga yarahiriye kuba Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire nyuma y’igihe kirekire ari Umugenzuzi Mukuru w’Inkiko, aho yavuye kuri uwo mwanya agirwa Umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga.

Perezida Kagame mu ijambo rye, yavuze ko ubutabera bukwiriye kwizeza ko abarenze ku mategeko babihanirwa ku buryo bakwirinda kuzabisubira.

Ati “Abaturage batakaza icyizere mu butabera, iyo babona ko kurangiza imanza bitubahwa kuko harimo ruswa n’ubundi buriganya, aho gukemura ibibazo bizamura izindi manza nyinshi.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko abaturage uko baba bangana kose, bakabona ko urwego rw’ubucamanza rurimo ruswa, kandi rukoreshwa n’abafite ubushobozi cyangwa imbaraga, aba ari ibintu bikwiriye kwibazwaho, hagashakwa icyakorwa kugira ngo bihinduke.

Yavuze ko uko u Rwanda rukomeza kwaguka mu bukungu, ari nako n’ibyifuzo by’abaturage byaguka bityo ko ubutabera bukwiriye kwita ku kurwanya ibyaha bimunga ubukungu.

Ati “Ubukungu bw’igihugu cyacu bukomeje gukura no kwaguka, uko bukura niko ibyifuzo by’abanyarwanda bateze ku gihugu cyabo byiyongera, urwego rw’ubutabera rugomba gukurikiranira hafi iryo zamuka ry’ubukungu n’imibereho y’abanyarwanda rukabigiramo uruhare n’ah’ubundi inshingano zaba zitumvikana batagize urwo ruhare.”

Yatanze urugero avuga ku ntego igihugu gifite zo kwimakaza ikoranabuhanga, agaragaza ko zidashobora kugerwaho mu gihe ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga bitarwanyijwe.

Ati “Nabaha n’ingero, intego zacu zo mu ikoranabuhanga ntizagerwaho tudahanganye n’ibyaha bikorerwa kuri murandasi, ishoramari n’amasezerano mpuzamahanga bifasha gushyigikira ubukungu, ariko ibyo biba iyo hari icyizere cy’uko ibyasezeranyijwe bizaboneka, bigashingira kandi k’uko ubutabera bukurikirana ibyo bikorwa, n’ahakozwe amakosa agahanwa.”

“Amabanki ntashobora kubaho, niba abayafitiye imyenda bashobora kubaho bakoresha inzego z’ubutabera mu gutinda kwishyura cyangwa se ntibanishyure na busa. Amasezerano ntacyo yaba amaze niba ubutabera budashobora kwizeza ko abagerageza kuyatesha agaciro batubahiriza amategeko bakumirwa bakabihanirwa ndetse kenshi iyo bibaye ngombwa bakabihanirwa biremereye bituma bakwirinda kuzanabisubira cyangwa se n’abandi kugana iyo nzira.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko inzego z’ubutabera zigomba gushyigikira iterambere n’umuco wo kubahiriza amategeko, abacamanza bagahora ku isonga mu kubahiriza amategeko bo ubwabo bikanakomereza mu batuye u Rwanda.

U Rwanda ruri ku mwanya wa 37 ku Isi mu gipimo mpuzamahanga cy’uko ibihugu bigendera ku mategeko.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .