00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kurikirana umuhango wo gusoza Fespad 2013 (live)

Yanditswe na

Vénuste Kamanzi & Ndizeye Steven

Kuya 2 March 2013 saa 06:13
Yasuwe :

Inkera yo gusoza Iserukiramuco nyafurika ry’imbyino yatangijwe ku mugarararo n’umuyobozi w’ishami ry’ubukerarugendo mu kigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere, Rica Rwigamba n’ibyishimo byinshi ko bari basengeye ko imvura itaza kongera kwica ibi birori nk’uko yatumye imihango yo gutangiza Fespad isubikwa ntibere ku itariki yari yateganijwe.
Nyuma y’ijambo rya Rica Rwigamba, amatorero y’ibihugu bitandukanye yagiye afata umwanya muto wo kugaragariza abari muri Stade Amahoro bimwe mu bigize umuco (...)

Inkera yo gusoza Iserukiramuco nyafurika ry’imbyino yatangijwe ku mugarararo n’umuyobozi w’ishami ry’ubukerarugendo mu kigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere, Rica Rwigamba n’ibyishimo byinshi ko bari basengeye ko imvura itaza kongera kwica ibi birori nk’uko yatumye imihango yo gutangiza Fespad isubikwa ntibere ku itariki yari yateganijwe.

Nyuma y’ijambo rya Rica Rwigamba, amatorero y’ibihugu bitandukanye yagiye afata umwanya muto wo kugaragariza abari muri Stade Amahoro bimwe mu bigize umuco gakondo w’ibihugu bakomokamo binyuze mu mbyino.

Abarundi ku ikubitiro nibo batangiye mu ngoma zabo zanyuze benshi, Abakongomani, Misiri, Namibia, Itorero ry’ u Rwanda “Urukerereza” narwo rwashimishije benshi hasoza Uganda.

Abagande nibo basoje umwiyereko
Abaturage barimo bar­agenda baza gacye ga­cye
Abayobozi batandukan­ye baturutse hanze y­'u Rwanda baherekeje­ amatorero y'umuco g­akondo w'ibihugu bya­bo nabo bitabiriye i­bi birori aba ni aba­turutse muri Misiri
Fidel Ndayisaba Meya w'Umujyi wa Ki­gali nawe yitabiriye­ isozwa rya Fespad

Mubyakomeje kugenda bigarukwaho n’abayobozi batandukanye bafashe amajambo bashimiye by’umwihariko ibihugu byitabiriye iyi Fespad ya 2013.

Mitali Protais, Minisitiri w’umuco na Siporo ari nawe wasoje ku mugaragro Fespad 2013, yongeyeho ko ubu bucuti hagati y’ibihugu bya Afurika buzakomeza gushimangirwa.

Minisitiri Mitali yaboneyeho no kwisegura kumakosa avuga ko ngo yagaragaye cyane cyane mu ntangiriro ry’iyi Fespad ariko anashimangira ko byabahaye isomo rizabafasha gutagura iby’ubutaha.

Nyuma hakurikiyeho umuhango wo gushyikiriza ibihembo ibihembo amatorero y’ibihugu byitabiriye Fespad 2013 yatsindiye, gusa Abo muri Uganda n’u Rwanda bo ntabyo babonye n’ubwo babitsindiye.

Abagande bo babuze i­gihembo cyabo
Abanyamisiri bashyik­irizwa igihembo cy'u­ko aribo bakunzwe n'abantu cyane
Namibia bayishyikiri­za igikombe cyo kuba­ baragaragaje amajwi­ meza mu miririmbire­ no kuyobora neza im­iririmbire yabo (best voca­lists)
Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda Francois Kanimba amaze gushyikiriza i­gikombe Abarundi beg­ukanye umwanya wo ku­ba barakoze ibirori ­byiza (Best performan­ce)
Kalisa Edward Umunya­mabanga uhoraho muri­ Minisiteri y'umuco na Siporo MINISPOC
Urukerereza
Urukerereza rwaje Gu­shimisha Abari muri Stade Amahoro

Nyuma ibihembo by’Abagande n’Abanyarwanda byaje kuboneka babibazanira muri Stade hasi.

Nyuma Abagande n'Aba­nyarwanda baje gushy­ikirizwa ibihembo by­abo ariko bamaze kum­anuka mu kibuga hasi­

Jay Polly yongeye kugaragaza ko akunzwe n’urubyiruko rwinshi dore ko ubwo yatangiraga kuririmba abatari bacye bahise bisuka mu kibuga cyo hasi kandi bitari byemewe.

Nyuma yo kubona ko abafanabe benshi bashaka kumusanga ariko police ikababuza, bigatuma basimbuka kandi bashobora kuhavunikira yahisemo kuvuga ati "Ababishaka mwese muze hano hasi munyegere".

Igice kinini cy’abari bicaye muri stade bahise biroha mu kibuga batangira kubyinana nawe.

Abantu biganjemo aba­kiri bato basimbukag­a ntakwikanga ko ban­avunika
Nyuma yo kubona ko P­olice yabangiye kuma­nuka kuneza bahisemo­ gusimbuka
Jay Polly
Intambara yo gusanga­ Jay Polly kuri Stag­e ntiyari yoroshye
Kidumu yari amaze iminsi ataza kuririmbira Abanyarwanda yanigirije ikote nk'uko yagaragaye muri iri joro
Umwe mu baririmbyi bazanye na Kidumu ndetse banashimishije abantu benshi
Abafana baragaragara nk'abaryohewe n'umuziki
Alioni nk'umuhanzi ukizamuka nawe yahawe amahirwe ndetse anashimisha abantu n'ubwo yaririmbiraga kuri CD
Rafiki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .