00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Itorero ry’igihugu "Urukerereza" ribona ritazahigwa muri Fespad

Yanditswe na

Vénuste Kamanzi

Kuya 26 February 2013 saa 02:43
Yasuwe :

Nyuma y’iminsi isaga icyumweru itorero ry’igihugu “Urukerereza” rimaze ryitoza, rivugako ribona rifite amahirwe menshi yo kuba irya mbere muri Fespad kuko ngo nta wundi muco ushobora guhangana n’uw’Abanyarwanda mu marushanwa.
Mwanafunzi Albert, umwe mu batoza b’Urukerereza, yabwiye IGIHE ko bamaze icyumweru gishize bitoza, imyitozo yiyongera ku bushobozi ababyinnyi barwo basanganywe, kuburyo biteguye guhiga amatorero y’ibindi bihugu byaje muri Fespad ya 2013.
Yagize ati “Nk’uko bisanzwe mu (...)

Nyuma y’iminsi isaga icyumweru itorero ry’igihugu “Urukerereza” rimaze ryitoza, rivugako ribona rifite amahirwe menshi yo kuba irya mbere muri Fespad kuko ngo nta wundi muco ushobora guhangana n’uw’Abanyarwanda mu marushanwa.

Mwanafunzi Albert, umwe mu batoza b’Urukerereza, yabwiye IGIHE ko bamaze icyumweru gishize bitoza, imyitozo yiyongera ku bushobozi ababyinnyi barwo basanganywe, kuburyo biteguye guhiga amatorero y’ibindi bihugu byaje muri Fespad ya 2013.

Yagize ati “Nk’uko bisanzwe mu marushanwa intego iba ari ugutsinda. Aba ni abakinnyi bamaranye igihe kandi si ubwa mbere bahura, tuzakora imbyino z’abahungu bavanze n’abakobwa, umuhamirizo w’intore n’umurishyo w’ingoma, kandi muri ibyo turi indashyikirwa.”

Akomeza avuga ko bari kwerekana imikino myinshi ishoboka ariko babasabye gusigarana abakinnyi 15 gusa, bazatoranywa hakurikijwe abafite ubushobozi bwo gukora no gukina byinshi mu itorero (polyvalent), kugira ngo batazaba barusha umubare andi matorero.

Abajijwe niba hari ikindi gihugu yumva bashobora guhangana, Mwanafunzi yasubije ko ntacyo muri Afurika, kuko ngo umuco w’Abanyarwanda ari intashyikirwa, abajya kubagwa mu ntege ni Abarundi ku murishyo w’ingoma.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .