00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda bo muri Maine basabwe kudatezuka ku bumwe n’iterambere u Rwanda rwagezeho

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 8 August 2022 saa 01:55
Yasuwe :

Abanyarwanda baba muri Leta ya Maine muri Amerika, bizihije Umunsi w’Umuganura no kwibohora, bahiga gusigasira umuco no kugira uruhare mu kubaka igihugu bakomokamo.

Ni iminsi uko ari ibiri yizihijwe kuri uyu wa Gatandatu ifite byinshi isobanuye mu mateka no kubaho k’u Rwanda.

Umunsi wo kwibohora ufite igisobanuro kuko wibukwa nk’uwo Ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zahagarikiyeho Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse zikanakuraho Leta yashyiraga mu bikorwa Jenoside. Ni umunsi kandi wo kuzirikana iterambere rimaze kugerwaho nyuma y’imyaka 28 igihugu kimaze kibohowe.

Umunsi w’umuganura ugaragaza gushyira hamwe kw’abanyarwanda byabaranze kuva kera.

Kwizihiza Umuganura muri Leta ya Maine byaranzwe n’imbyino gakondo ndetse n’umukino mbarankuru ugaragaza uko umuganura wizihizwaga mu mateka y’u Rwanda ndetse binashimangira uko ukwiriye kwizihizwa muri ibi bihe. Ni ibirori byasusurikijwe n’umuhanzikazi Clarisse Karasira.

Abawitabiriye bibukijwe gusigasira ibikorwa byagezweho no gufasha igihugu mu iterambere rirambye.

Masengesho Felix watanze ikiganiro cyihariye ku mateka y’Umuganura, yasabye ababyeyi bari muri Diaspora gukundisha u Rwanda n’amateka yarwo abana bavukira mu mahanga. Ni ikiganiro cyibanze kandi ku mateka y’Umuganura mu Rwanda, agaciro kawo n’amateka y’igihugu.

Masengesho yabwiye Abanyarwanda baba muri Maine ko bafatanyije baba urugero rwiza rw’abasigasira umuco.

Umuyobozi w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Maine , Munyaneza Appolinaire, mu butumwa bwe, yavuze bagiye gushyira imbaraga mu gutoza urubyiruko umuco n’amateka by’u Rwanda kandi anasaba abanyarwanda baba muri Maine gukomeza kuba ku isonga ry’ibikorwa byose bireba iterambere ry’igihugu cyabo.

Yasabye Abanyarwanda bitabiriye ibi birori gukomeza gusigasira umuco Nyarwanda no gufatanya mu kwerekana ibyiza by’u Rwanda.

Yashimiye ba Rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda batuye muri Maine kuba baragize uruhare rukomeye kugira ngo ibi birori bitegurwe neza.

Mu kwizihiza umunsi w’umuganura no Kwibohora ku nshuro ya 28 Abanyarwanda batuye muri Maine bagize umwanya wo gusangira amafunguro ya Kinyarwanda asanzwe asangirwa ku Muganura.

Umuyobozi w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Maine , Munyaneza Appolinaire mu butumwa bwe, yavuze ko bagiye gushyira imbaraga mu gutoza urubyiruko umuco n’amateka by’u Rwanda
Umuhanzi Clarisse Karasira ni we wasusurikije abatabiriye ibirori
Hatanzwe ibiganiro bitandukanye bigaruka ku mateka y'Umuganuro n'ay'umunsi wo Kwibohora
Kwizihiza iyi minsi ibiri ifite igisobanuro gikomeye mu mateka y'u Rwanda, byitabiriwe ku rwego rushimishije
Mu kwizihiza Umuganura, Abanyarwanda bo muri Maine basangiye amafunguro atetse Kinyarwanda

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .