00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwa mbere Ambasade y’u Rwanda muri Pologne yizihije umunsi wo #Kwibohora

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 16 September 2022 saa 04:12
Yasuwe :

Bwa mbere kuva Ambasade y’u Rwanda muri Pologne ishinzwe, hizihijwe umunsi wo Kwibohora, Abanyarwanda baba muri iki gihugu bishimira ibyiza u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 28 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye.

Uyu muhango wabaye kuwa Kabiri tariki 13 Ukwakira 2022, ubera mu Mujyi wa Varsovie muri Pologne aho Ambasade y’u Rwanda ikorera.

Ni igikorwa kitabiriwe na bamwe mu bayobozi bakuru muri Pologne, abahagarariye ibihugu byabo n’Abanyarwanda biganjemo abanyeshuri biga muri za Kaminuza zaho.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Afurika n’Uburasirazuba bwo hagati muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Pologne, Paweł Jabłoński yashimye intambwe u Rwanda rumaze gutera mu myaka 28 ishize rubohowe.

Ati “Turashima intambwe u Rwanda rumaze gutera mu rugendo rwo kwibohora no kubaka ubwigenge nyabwo. U Rwanda ni igihugu twifuza gufatanya nacyo mu buryo bwimbitse. Twishimiye cyane Kuba rwafunguye Ambasade yarwo i Varsovie. „

Amb. Prof. Shyaka Anastase uhagarariye u Rwanda muri Pologne, yavuze kwibohora ari ikimenyetso cy’ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ati “Kwibohora niho umutima w’u Rwanda uterera, ubumwe bwacu ni ishingiro rya byose tugenda tugeraho. Tuzakomeza kubwubaka. Urugendo rwo kwiyubaka ni rurerure, ariko tuzi iyo tujya kandi turiteguye. “

Ambasaderi Shyaka yashimiye Ubuyobozi bwa Pologne ndetse n’ibindi byiciro bigizwe n’ abanyemari n’abayobozi ba za Kaminuza bakomeje kugaragaza ko bishimiye gukorana n’u Rwanda.

Ati “Gufungura Ambasade nshya bivuze kandi ko izashyira imbaraga mu gutsura umubano n’ ubufatanye mu bya Politiki, ubukungu, uburezi n’ikoranabuhanga.”

Muri Kamena 2021 nibwo u Rwanda rwashyizeho ambasaderi warwo wa mbere muri Pologne nyuma y’imyaka myinshi yari ishize uhagarariye u Rwanda muri icyo gihugu aba afite icyicaro ahandi.

Ni Ambasade ya 40 u Rwanda rugize mu mahanga, zivuye kuri 34 rwari rufite mu 2017 na 39 rwari rufite mu 2020.

Ambasaderi Shyaka yavuze ko ubumwe aribwo shingiro ry'iterambere u Rwanda rugezeho muri iyi myaka 28 ishize rwibohoye
Abanyarwanda n'inshuti z'u Rwanda bari bitabiriye ku bwinshi iki gikorwa
Paweł Jabłoński yashimye intambwe u Rwanda rumaze gutera mu myaka 28 ishize rubohowe
Byari ibyishimo ku Banyarwanda n'inshuti z'u Rwanda muri Pologne
Habaye ubusabane hishimirwa imyaka 28 ishize u Rwanda rubohowe
Prof Shyaka yashimiye abitabiriye uyu muhango bose

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .