00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko inyambo zabyaye inganzo ya Kezem, bagakora imyambaro ishingiye ku muco (Amafoto)

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 24 November 2022 saa 10:24
Yasuwe :

Inzu y’imideli ya Kezem yashyize hanze ubwoko bw’imyambaro bushya, bwaturutse ku nkuru y’amateka y’inka z’inyambo n’agaciro zifite mu Rwanda.

Iyi myambaro igizwe n’ubwoko 17 yiswe ‘Ingegeni i Rwanda’ bijyanye n’ibyiciro inyambo yanyuragamo ngo yitwe inyambo birimo n’icya nyuma cyitwaga ingegeni.

Ubwoko bw’iyi myambaro bwose bwakozwe mu bitambaro bitangiza ikirere, bishyirwaho imitako itandukanye yakoreshejwe intoki.

Mu kiganiro na IGIHE, Niyonsenga Emmanuel washinze Kezem yavuze ko iyi myambaro yaturutse ku gitabo yasomye kigaruka ku mateka y’u Rwanda harimo n’amateka y’inyambo.

Ati “Hari igitabo nasomye cyavugaga ku mateka y’inyambo uko zageze mu Rwanda bari gusobanura n’icyo zari zivuze mu muco w’Abanyarwanda, mpita nshaka gukora imyambaro kuri iyo nkuru.”

Muri iyi myambaro hariho ibishushano by’amahembe y’inka ndetse binagaruka ku myambaro itandukanye ikorwa n’iyi nzu.

Yavuze ko ari ikirango yahisemo mu gushyigikira amateka y’u Rwanda.

Ati “Njya gutangira Kezem nashingiye cyane ku buzima bwanjye nabayemo, nashakaga ikintu gishobora kubuhuza n’umuco w’Abanyarwanda. Ni uko amahembe yaje ni ikirango cyacu kandi kizakomeza kugaruka mu myambaro yose dukora.”

Niyonsenga yavuze ko iyi myambaro igamije gushishikariza Abanyarwanda kumenya umuco n’amateka by’igihugu cyabo.

Ati “Ubutumwa nshaka gutanga ni ukubasha gusobanukirwa amateka yacu nk’Abanyarwanda tukayamenya kuko usanga abanyamahanga baturusha umuco bakanawubyaza umusaruro kandi ari uwacu. Ndashaka kubabwira kwambara iby’iwacu kandi bifite icyo bisobanuye.”

Kazem yatangijwe mu 2020 na Niyonsenga Emmanuel, umwe mu banyempano batsinze mu cyiciro cya mbere cya Art Rwanda-Ubuhanzi. Kugeza ubu imaze gushyira hanze ubwoko butatu bw’imyambaro.

Gaju Jumpsuit igaragaza amwe mu bara y'inka nyarwanda
Imwe mu myenda y'abagore n'abakobwa yasohotse ku Ingegeni i Rwanda
Imitako y'amahembe iri kuri iyi myambaro n'ikirango cya Kezem
Imwe mu myambaro y'abagabo yakozwe ku Ingegeni i Rwanda
Ingengeni i Rwanda yasohotse mu mabara atandukanye
Inyambo zabaye inkomoko y'imyambaro mishya ya Kezem
Iyi myambaro ikozwe mu bitambaro bitangiza ibidukikije

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .