00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umufasha wa Prince Charles yaserukanye imyambaro y’asaga miliyoni 4 Frw

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 23 June 2022 saa 05:48
Yasuwe :

Umugore w’Igikomangoma cya Wales mu Bwami bw’u Bwongereza, Camilla Parker Bowles, ku munsi wa kabiri mu Rwanda yaserukanye imyambaro ifite agaciro k’asaga miliyoni enye z’amanyarwanda.

Mu ijoro rya tariki ya 21 Kamena 2022, nibwo Igikomangoma Charles n’Umugore we Camilla Parker Bowles bageze i Kigali, aho bitabiriye Inama ya CHOGM.

Kuri uyu wa Gatatu uyu muryango wakoze ibikorwa bitandukanye birimo kwakirwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.

Igikomangoma cyakomereje i Nyamata naho Camilla agirana ibiganiro na Madamu Jeannette Kagame.

Camilla yaserutse yambaye imyambaro ibereye ijisho. Yari yambaye ikanzu irimo ibara ry’umweru n’indabo z’ubururu bwijimye, ayambaranye n’inkweto ndende zifite ibara risa n’uruhu.

Yari yambaye imirimbo itandukanye irimo amaherena y’isaro, ibikomo byakozwe na Van Cleef & Arpels, ikigo cy’Abafaransa cyamamaye mu gukora imitako yo ku mubiri.

Daily Mail yanditse ko iyi myambaro Camilla yari yambaye ifite agaciro k’ibihumbi bine by’amapawundi, asaga gato miliyoni enye z’amafaranga y’u Rwanda.

Abagize umuryango w’ubwami bw’u Bwongereza basanzwe bazwiho kwambara neza uhereye ku Mwamikazi Elizabeth II n’abandi.

Camilla ubwo yasuhuzaga umwe mu bagize umuryango Rwanda Women’s Network
Prince Charles na Camilla kuri uyu wa Gatatu bunamiye inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi zishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .