00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yatangije ikigega cya miliyoni $100 kizatera inkunga imishinga irengera ibidukikije

Yanditswe na Rabbi Malo Umucunguzi
Kuya 7 November 2022 saa 11:28
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yatangije ku mugaragaro Ireme Invest, ikigega cyatangiranye miliyoni $104 - ni ukuvuga asaga miliyari 109 Frw - kizatera inkunga imishinga y’abikorera igamije gufasha u Rwanda kubaka ubukungu burengera ibidukikije.

Ni ikigega cyamurikiwe muri Sharm el Sheikh mu Misiri, aharimo kubera inama mpuzamahanga yiga ku guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, COP27.

Iki kigega Ireme Invest kiri mu bice bibiri, igice kimwe kikazakoreshwa binyuze mu kigega gitera inkunga imishinga igamije guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, FONERWA.

Icyo gice kizajya gitanga inkunga mu iyigwa ry’imishinga n’itegurwa ryayo kuva mu ntangiriro kugeza aho ishobora kwemerwa na banki.

Naho icyiciro cya kabiri, kizaba gikorwa na Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambere (BRD), kikazita ku gutanga inguzanyo kuri ya mishinga no kuyishingira mu bigo by’imari.

Ubwo yatangizaga iki kigega, Perezida Kagame yavuze ko iyi ari intambwe ikomeye ku Rwanda.

Yashimagiye ko kugendana n’imihindagurikire y’ibihe bisaba impinduka mu buryo ibihugu bikora ndetse bikoresha ibijyanye n’ingufu, kugeza ku byo abantu barya n’uburyo bihingwa.

Yavuze ko ari ikintu kireba inzego zose, ku buryo abikorera bafite umusanzu ukomeye batanga muri uru rugendo.

Yakomeje ati "Ikigega Ireme Invest kibumbatiye intego u Rwanda rwihaye kugira ngo rubashe kugera ku musaruro ufatika uganisha ku bukungu butangiza ibidukikije, binyuze mu bufatanye bwa Leta n’abikorera mu nzego zitandukanye."

Yashimiye BRD ku gishoro yashyize muri iki kigega, yubakiye ku musaruro n’ubunararibonye bya FONERWA.

Yakomeje ati "Ndashimira byimazeyo inzego z’abafatanyabikorwa, ku buryo iyo batahaba ibirimo gukorwa n’inzego zo mu Rwanda bitajyaga kugera kure. Aba bafatanyabikorwa batanze inkunga ikigega kigishingwa, aho yageze kuri miliyoni $100."

Abo bafatanyabikorwa barimo Guverinoma z’u Bufaransa, Suède n’u Bwongereza, Banki y’Ishoramari y’u Burayi (EIB) na Green Climate Partnership Fund.

Perezida Kagame yavuze ko hakiri uburyo bwinshi bugomba kwifashishwa kugira ngo intego zihawe zigezweho.

Ikigega AFD cya Guverinoma y’u Bufaransa kizatanga miliyoni $20 muri uyu mushinga.

Gishimangira ko uzafasha mu gutera inkunga imishinga y’abikorera, kikazafasha mu guhanga imirimo 367,000 mu bikorwa birengera ibidukikije, bikazakumira iyoherezwa mu kirere rya toni 1,32 y’imyuka ihumanya ikirere.

Perezida Kagame yatangirije iki kigega mu Misiri
Perezida Kagame yashimye abashoramari bashyize amafaranga muri iki kigega

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .