00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihembo bya ‘Rwanda Influencer Awards’ bigiye gutangwa ku nshuro ya kabiri

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 17 June 2023 saa 06:23
Yasuwe :

Ku nshuro ya kabiri mu Rwanda hagiye kuba ibirori byo gutanga ibihembo bya “Rwanda Influencer Awards”.

Ni ibirori byateguwe na Suprafamily Rwanda Ltd, bizaba ku wa 8 Nyakanga 2023 kuri Century Park Hotel and Residences.

Abateguye ibi birori bavuga ko ibintu byose byarangiye gushyirwa ku murongo.

Hazatangwa ibihembo mu byiciro birimo ‘Brand Ambassador of the year’, ‘Entertainment Influencer’, ‘LifeStyle Influencer’, ‘Media Personality Of the Year’, ‘Most Influencing Media House’, ‘Social cause Influencer’, ‘Social Media Influencer’ na ‘Philanthropy Influencer’.

Umwaka ushize Mbabazi Shadia wamenyekanye nka Shaddy Boo ni umwe mu begukanye ibihembo, icyo gihe yegukanye igihembo cy’uhiga abandi mu gukurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane Instagram.

Uretse Shaddy Boo ufite abarenga miliyoni y’abamukurikira kuri Instagram, abandi mu bavuga bakumvwa barimo Mudakikwa Pamela kuri Twitter, Niwemwiza Anne Marie mu banyamakuru bakora kuri radio, Nizeyimana Luckman wo kuri televiziyo mu gihe Butera Knowless yatoranyijwe mu bahanzi n’abandi.

Umwaka ushize Butera Knowless yegukanye igihembo muri iri rushanwa
Shaddy Boo ni umwe mu begukanye igihembo umwaka ushize
Abarimo Seburikoko, Clapton Kibonge, Tanga Designs, Butera Knowless wari uhagarariwe na Ishimwe Clement, Yago na Niwemwiza bari mu begukanye ibihembo muri iki gikorwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .