00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

ESP na Mastercard bibukije abafite imishinga izana impinduka kuyibyaza umusaruro (Amafoto)

Yanditswe na Mihigo Saddam
Kuya 31 May 2022 saa 03:46
Yasuwe :

Ku bufatanye na Master Card Foundation, Entrepreneurial Solutions Partners (ESP) ikigo gifasha abafite imishinga myiza guhabwa amasomo yabafasha kurushaho kuyikora neza cyatanze impamyabumenyi ku bafite imishinga yahize indi mu gihe cy’amezi atandatu bari bamaze bahugurwa.

ESP itanga amahugurwa y’amezi atandatu ahabwa abafite imishinga isanzwe ikora n’iyo batekereza gutangiza.

Iyo bamaze kugaragaza iyo mishinga ndetse n’ibitekerezo, bahabwa amasomo azabafasha kugorora neza ibizafasha imigendekere myiza y’iyo mishinga.

Iyo amahugurwa arangiye, abahanga mu bijyanye no kwihangira imirimo bareba imishinga itanu yahize indi, ba nyirayo bagahabwa ubushobozi buzatuma igenda neza.

Nyuma y’amasomo yahawe abafite imishinga bakora n’abateganya kuyitangiza, batanu ba mbere bahawe miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda azabafasha.

Umuyobozi mukuru wa ESP akaba n’umwe mu bayishinze, Éric Kacou yijeje abatsinze ko bazakomeza kubana mu rugendo rwiza barimo rwo kwihangira imirimo.

Yagize ati “Nyuma yo kuba dusoje ibirori birangiza amasomo twagize, turashaka kuzishimana muri uru rugendo rwanyu rwo kwihangira imirimo.”

Kacou kandi yashimye abasoje amahugurwa yiswe Tourism Inc ko bagomba kuzirikina ko igihugu kibahanze amaso.

Ati “ Nshimiye cyane abasoje aya masomo ya Tourism Inc kandi mugomba kwibuka ko igihugu kibahanze amaso ku musaruro mwiza muzatanga.”

Umuyobozi ushinzwe gahunda muri Master Card Foundation, Geoffrey Musinguzi yavuze ko hari impamvu bifatanya n’abihangira imirimo.

Yagize ati “Twishimiye ko buri umwe wese uri hano asobanuye impamvu ituma dukora ibyo dukora. Izo mpamvu zose nta kindi kibitera n’uko ari mwe tubikorera.”

Geoffrey avuga ko ibyo ba rwiyemezamirimo bageraho birushaho kuzamura ikizere ko hazabaho gutsinda mu mishinga bakora n’iyo batekereza gutangiza.

Umuyobozi wa ESP uri mu banayishinze Eric Kacou yijeje urubyiruko kuzakomeza kuruba hafi mu mishinga bahanze
Umuyobozi ushinzwe gahunda muri Master Card Foundation, Geoffrey Musinguzi avuga ko impamvu nyamukuru yo gushyigikira urubyiruko ari uko rugaragaza ubushake mbere ya byose
Umukozi muri ESP avuga ko buri mezi atandatu batanga amasomo afasha urubyiruko kugorora imishinga baba bafite
Umukozi muri Master Card Foundation, Nicolas atanga impano ku basoje amahugurwa y'amezi atandatu
Umuyobozi muri ESP uri mu bayishinze, Charity Kabagango avuga ko ibitekerezo by'urubyiruko ahanini biyobywa no kuba bitagorowe bya kinyamwuga ngo bihabwe umurongo
Mu mishinga itanu yatsinze, ine ni iy'abakobwa mu gihe umwe ari uw'umuhungu
Imishinga itanu yarushije indi yatewe inkunga ya miliyoni 15 z'amafaranga y'u Rwanda
Abitabiriye amahugurwa basoje amezi atandatu bityo hakaba hagomba gutangira abandi bashya

Amafoto: Prince


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .