00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hagiye gusohoka iPhone 13; menya udushya tuzaba tuyigize( Video )

Yanditswe na Muhonzire Sylvine
Kuya 24 February 2021 saa 01:59
Yasuwe :

Nyuma y’uko hagararagajwe ibibazo bimwe muri iPhone 12, uruganda rwa Apple rukora telefone zigezweho, rugiye kwikubita agashyi rukosora ayo makosa yose muri telefone yarwo nshya igiye gusohoka, iPhone 13.

Umwanditsi akaba n’inzobere mu by’ikoranabuhanga, Max Weinbach, wigeze kugaragaza impinduka zari kugaragara muri iPhone 12 kandi koko ikaza imeze nk’uko yabivuze, yongeye atangaza impinduka zizagaragara mu bwoko bushya bwa iPhone 13, nubwo itarasohoka.

Imbere mu kirahure cya iPhone 13 hazaba hasa n’umukara hagaragara gusa iby’ibanze umuntu akenera kubona nk’isaha, itariki n’umuriro. Ibyo umuntu amenyeshwa (notifications) bizajya biza nk’ibisanzwe ariko telefone ntizajya icana ngo ubone ko hari igihindutse.

Weinbach yavuze ko iyi telefone izaba ifite ubushobozi bwo kwihuta nk’ubwa iPhone 12, aho yihuta ku kigero cya 120 Hz, ni ukuvuga ko yihuta inshuro 120 mu isegonda. Urugero, hari telefone ukoraho ukabona ntizigusubiza zihuta, hakaba hari n’izindi ukimara gukora ku cyo ushaka uhita ukibona ako kanya. Bivuze ko ku byerekeranye no kwihuta iPhone 13 izaba imeze kimwe na iPhone 12.

Ibidasanzwe mu mifotorere yayo

iPhone 13 izaba ifite ikoranabuhanga ridasanzwe mu byerekeye gufotora ibiri mu kirere, ni ukuvuga inyenyeri n’ukwezi (Astrographie). Ubusanzwe gufotora ibiri mu kirere nijoro bikagaragara neza, bisaba ikoranabuhanga rihambaye n’ubuhanga budasanzwe.

Muri iyi telefone, hazaba harimo uburyo umuntu azajya atunga telefone mu kirere igahita ifotora inyenyeri n’ukwezi bikagaragara nta bundi buhanga bimusabye, (astrophotographie automatique). Ndetse biteganyijwe ko izaba ifite imboni za camera zireba kure kuruta izari ziri muri iPhone12.

Ikindi kidasanzwe ni uko izaba ifite ubushobozi bwo gufata amashusho ahagaze, (vidéos de portrait) bwa mbere mu mateka umuntu azajya abasha kubihindura agiye kuyishyira ku mbuga nkoranyambaga cyangwa ahandi.

Weinbach yavuze ko iri koranabuhanga rizaba rihambaye, rishobora no kubica bigacika ku mbuga nkoranyambaga.

Weinbach yavuze ko iPhone 13, izaba ifite ikoranabuhanga rya sumaku rizwi nka Magsafe rifite ubushobozi burenze ubw’iyayibanjirije cyane ko abantu bakunze kuvuga ko iyari iri muri iPhone12 yari ifite intege nke.

Iyo sumaku iba iri inyuma muri telefone yifashishwa mu gufatishaho agakoresho kinjija umuriro muri terefone bakunda kwita ‘wireless charger’ cyangwa igakoreshwa bafatishaho ibindi bintu bitandukanye nk’ikofi n’ibindi.

Uretse ibyo twavuze haruguru bizaba bitandukanye ibindi bizaza muri iyi telefone ni ibisanzwe biri no mu zindi nka internet yihuta ya 5G. iPhone 13, biteganyijwe ko izashyirwa ku mugaragaro muri Nzeri uyu mwaka.

Ni uku mu kirahura cya iPhone 13 hazajya hagaragara igihe mu kirahure hatari kwaka
iPhone 13 biteganyijwe ko itazaba itandukanue cyane na iPhone 12 Pro Max mu buryo igaragara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .