00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

iPhone 13 ishobora kuba iyanga ku isoko

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 October 2021 saa 08:23
Yasuwe :

Apple yatangaje ko ishobora kutagera ku ntego yari yihaye mu bijyanye n’umubare wa iPhone 13 igomba kuba yakoze kugera mu mpera z’uyu mwaka.

Apple yari yihaye intego z’uko uyu mwaka wa 2021 uzarangira rushyize ku isoko iPhone 13 zibarirwa muri miliyoni 90, gusa ngo iyi ntego ishobora kutazagerwaho hagakorwa izigera kuri miliyoni 80.

Uku kutagera ku ntego Apple yihaye ngo bizaterwa n’uko ibikoresho bishyirwa muri iyi telefone bizwi nka ‘Electronic Chip’ bimaze igihe byarabaye bike ku isoko.

Ibi ngo bishobora kuzatuma izi telefone zibura ku isoko cyane cyane mu bihe by’iminsi mikuru aho benshi baba bari kugura impano bazaha inshuti n’abavandimwe.

Hashize iminsi mike Apple ishyize ku isoko iPhone 13 ikubiyemo ibindi byiciro bya telefone bitandukanye nka iPhone 13 Mini igura 700$, iPhone 13 Pro Max igura 1100$.

Apple yagabanyije umubare wa iPhone 13 yateganyaga gukora mbere y'uko 2021 irangira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .