00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Smartphones 1000 za mbere zashyikirijwe abatishoboye muri #Connect Rwanda

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 February 2020 saa 06:11
Yasuwe :

Abaturage 1000 bo mu Karere ka Rutsiro babimburiye abandi gushyikirizwa telefoni zigezweho za smartphones, mu bukangurambaga bwa Connect Rwanda, bugamije kugeza izi telefoni ku batishoboye, hagamijwe kuborohereza kubona serivisi zinyuranye.

Iyi gahunda ya Connect Rwanda yatangijwe na MTN Rwanda, aho buri muntu yagendaga yitanga uko yifite, maze nawe agasaba mugenzi we cyangwa undi muntu ashaka, gutera inkunga ubu bukangurambaga.

Kuri uyu wa Kane nibwo telefoni za mbere zashyikirijwe abadafite ubushobozi bwo kuzigura, mu muhango wabereye mu Karere ka Rutsiro.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yasabye abazihawe kubibyaza umusaruro.

Yagize ati “Izi telefoni mwahawe ni impano zatanzwe mu bufatanye bw’abanyarwanda muri rusange harimo ibigo bitandukanye ndetse n’abantu ku giti cyabo. Muzihawe kugira ngo muzikoreshe mu bintu byazabagirira umumaro.”

Umwe mu bahawe izi telefoni, Munyagisenyi Augustin, usanzwe ari n’umujyanama w’ubuzima, yavuze ko telefoni yahawe izamufasha cyane.

Ati “Nk’umujyanama w’ubuzima, najyaga ntanga raporo mu magambo gusa, ariko ubu ndajya nongeraho n’amafoto!”

Sebitoki Jean Damascène wo mu Murenge wa Munanira yavuze ko izi smartphone zizabafasha guhanahana amakuru no kubungabunga umutekano.

Ati “Itumanaho ryatugoraga kuba umuturage aha undi amakuru na mugenzi we bikaba ikibazo ariko ubu nzajya mpamagara abari kure no hanze y’igihugu. Ubu umutekano na wo bizadufasha gutanga amakuru vuba uri Nyabirasi abwire uri Manihira.’’

Ayinkamiye Divine yavuze ko telefoni izamufasha kubona serivisi zajyaga zimugora zirimo no gushaka amafaranga ya internet.

Ati “Ndishimye cyane. Njye mu buzima bwa buri munsi nahuraga n’ibibazo kuko nta telefoni nagiraga no gutanga mituweli nakoreshaga iy’abandi ariko ubu nzajya mbyikorera ntagiye gutira; nzajya nishakamo aya internet.’’

Ku wa 20 Ukuboza 2019 nibwo MTN Rwanda yatangije ubukangurambaga bwa Connect Rwanda Challenge, maze ibigo n’abantu ku giti cyabo batangira kwiyemeza umubare wa telefoni zigezweho bazatanga zigahabwa abadafite ubushobozi bwo kuzigurira hirya no hino mu gihugu.

Umuyobozi wa MTN Rwanda, Mitwa Kaemba Ng’ambi, yasabye abahawe telefoni kuzifashisha bahindura ubuzima.

Ati “Ndabasaba kuzubahiriza impanuro za Perezida Kagame yaduhaye ubwo yatangizaga iyi gahunda. Izi telefoni ntabwo ari iz’amafiyeri zigomba kubafasha kuzamura ubuzima kuko hari serivisi zabagoraga bitewe nuko nta koranabuhanga mwari mufite; nimuzibyaze umusaruro.’’

Uretse gushyikirizwa izi telefoni, abazihawe banahuguwe ku buryo bwo kuzikoresha, kugira ngo bazabashe kuzibyaza umusaruro.

Aba baturage banahawe internet izamara amezi atatu kugira ngo bimenyereze kuzikoresha.

Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo igaragaza ko mu Rwanda habarirwa abantu miliyoni ebyiri n’ibihumbi 600 zidafite smartphone. Akarere ka Rutsiro kaza ku mwanya wa nyuma aho ari umuturage 1% ufite telefoni akaba ari nayo mpamvu ariho kuzitanga byatangiriye.

Kuri ubu hamaze gukusanywa telefoni ibihumbi 43 zatanzwe zivuye mu bantu batandukanye binyuze mu bukangurambaga bwa Connect Rwanda.

Alain Numa ukora muri MTN ni we wayoboye iki gikorwa
Buri murenge wari wateguriwe telefoni zawo
Iki gikorwa cyitabiriwe n'abantu batandukanye
Abayobozi batandukanye bitabiriye iki gikorwa
Minisitiri Ingabire Paula yasabye abahawe telefoni kuzibyaza umusaruro
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, ni we watanze telefoni ya mbere
Umuyobozi Mukuru wa Banki Nyarwanda Itsura Amajyambere (BRD), Kampeta Sayinzoga, atanga telefoni
Kampeta Sayinzoga n'umuturage yahaye telefoni bari bafite akanyamuneza
Akanyamuneza kari kose...
Umuyobozi wa MTN Rwanda, Mitwa Kaemba Ng’ambi, yereka umuturage uko telefoni ikora
Minisitiri Ingabire yishimiye umwe mu bana b'umubyeyi wahawe telefoni
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula n'Umuyobozi wa MTN Rwanda, Mitwa Kaemba Ng’ambi, bafashe selfie
Nyuma yo gutanga telefoni hafashwe ifoto y'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .