00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Apple yakemuye ikibazo cya iPhone cyatumaga wandika Jerusalem hakaza ibendera rya Palestine

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 April 2024 saa 02:02
Yasuwe :

Uruganda rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga, Apple rwatangaje ko rwakemuye ikibazo abakoresha telefone za Apple bari bamaze iminsi bahura nacyo cyo kwandika ijambo Yeruzalemu (Jerusalem) hakaza ibendera rya Palestine.

Iki kibazo cyabaga nk’iyo umuntu ari kwandika Ubutumwa bugufi. Ku bakoresha iPhone ni ibisanzwe ko iyo wanditse izina ry’igihugu runaka hahita haza n’ibendera ryacyo hejuru ahaba emojis.

Ku bandikaga Jerusalem bo bahuruga n’ikibazo cy’uko hahita haza ibendera rya Palestine, mu gihe ubundi indi mijyi itazana amabendera.

Ku wa Kabiri tariki 16 Mata mu 2024 Apple yatangaje ko yakosoye iki kibazo, ubwo yashyiraga hanze porogaramu ivuguruye ya iOS 17.5.

Uru ruganda rwavuze ko iri kosa ritakozwe bigenderewe, ahubwo ryabaye kubera kwibeshya.

Kuba Palestine na Israel bihora bipfa Yeruzalemu, aho buri gihugu kivuga ko aka gace ari akacyo, biri mu byatumye uku kwibeshya kwa Apple gufata indi ntera kuko bamwe batekerezaga ko yabikoze nkana mu buryo bwo kugaragaza ko uyu mujyi ari uwa Palestine.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .