00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibirori by’amagare mu gusoza 2022

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 2 December 2022 saa 02:26
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda, FERWACY, ryashize hanze ingengabihe y’amasiganwa atatu azakinwa mu Ukuboza 2022 mu kurushaho gutyaza abakinnyi no kubategurira kwitabira ayo ku rwego rwisumbuye.

Aya masiganwa yatekerejweho mu rwego rwo kwitegura neza Tour du Rwanda 2023 iteganyijwe kuba mu mpera za Gashyantare umwaka utaha ndetse na Shampiyona y’Isi izabera ku butaka bw’u Rwanda mu 2025.

Muri iyi myiteguro, uturere dutandukanye twasinyanye amasezerano yo gutegura amasiganwa dufatanyije na FERWACY mu kumenyekanisha iterambere ryatwo no guteza imbere umukino w’amagare.

Uturere twemeranyije na FERWACY kujya tuberamo amasiganwa harimo utwamaze kuyakira aritwo Kirehe yakiriye “Gisaka Race”, Bugesera yabereyemo “Kibugabuga Race” na Nyaruguru yakiriye “Kibeho Race”.

Kuri gahunda y’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda, aya marushanwa agomba gusozanya n’umwaka wa 2022.

Muri uku kwezi hatekerejwe amarushanwa atatu azabera mu duce dutandukanye tw’igihugu.

Irizaserukira andi rizitabirwa n’ingimbi, ryiswe “Human Rights Cycling Race”, rizabera mu Karere ka Gisagara tariki ya 10 Ukuboza 2022.

Isiganwa rizarikurikira rizabera mu Karere ka Musanze tariki ya 16 Ukuboza 2022. Iri ryiswe “Musanze Gorilla Race”, rizitabirwa n’ingimbi ndetse n’abakuze mu bagore no mu bagabo.

Ibirori byo gusiganwa ku magare bizasorezwa mu Majyepfo y’u Rwanda ku wa 30 Ukuboza 2022, ryahawe izina rya Royal Nyanza Race. Rizabera mu Karere ka Nyanza ryitabirwe n’ibyiciro bitandukanye birimo ingimbi, abakuze, bose mu bagore no mu bagabo.

Kibeho Race ni ryo siganwa riheruka kuba, ryabereye mu Karere ka Nyaruguru ryegukanwa na Mugisha Moïse mu bagabo na Mukashema Josiane mu bagore.

Aya masiganwa yose ari gukinwa hagamijwe gutegura Tour du Rwanda, irushanwa rizenguruka igihugu ku magare, biteganyijwe ko rizakinwa ku wa 19-26 Gashyantare 2023.

Ni ku nshuro ya 15 iri rushanwa rigiye gukinwa kuva ribaye mpuzamahanga. Tour du Rwanda ya 2023 izitabirwa n’amakipe 20 yatoranyijwe muri 51 yasabye kuyitabira.

Mu gusoza umwaka w'imikino mu magare, hateguwe amarushanwa atatu ateganyijwe kuba mu Ukuboza 2022
FERWACY yashyize hanze ingengabihe y'amarushanwa atandukanye ateganyijwe kubera mu turere dutandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .