00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muramira Grégoire wari ufite amateka mu mupira w’amaguru yitabye Imana

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 2 December 2022 saa 11:43
Yasuwe :

Kuri uyu wa 2 Ukuboza 2022 nibwo hamenyekanye amakuru ko Muramira Grégoire ufite amateka mu mupira w’amaguru yitabye Imana. Uyu mugabo yamenyekanye mu bikorwa byo kuzamura impano z’abakiri bato mu Rwanda.

Muramira yakoze amateka mu mupira w’amaguru wo mu Rwanda ndetse no mu Burundi. Hanze y’u Rwanda yayoboye ikipe ya Vital’o FC, anayigeza ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere muri Afurika, ubwo yari yarahungiye i Burundi. Aho agereye mu Rwanda yayoboye Isonga kuva yashingwa kugeza isenyutse.

Muramira yari amaze igihe arwaye nk’uko amakuru aturuka mu nshuti ze za hafi abyemeza akaba ari yo mpamvu atagaragaraga mu bikorwa bya siporo muri iyi minsi.

Usibye kuba yarashinze Isonga, yagize uruhare mu ishingwa ry’ikipe ya Gasogi United nk’uko Perezida wayo Kakoza Nkuriza Charles yabivuze.

Ati “Igihe Gasogi United yashingwaga imipira ya mbere niwe wayiduhaye ndetse anaduha abakinnyi twahereyeho. Yaduhaye bamwe mu bari mu Isonga barimo ba Nkubana Mark, Ndabarasa Tresor, Rugangazi Prosper n’abandi. Ikindi kandi yaranabakurikiranaga buri munsi.”

Muramira yitabye Imana hashije ukwezi uwari umwungirije mu Isonga Saidon Christian na we yitabye Imana.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .