00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ku nshuro ya gatatu Ferwafa yasinyanye amasezerano na Maroc

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 10 August 2022 saa 08:01
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryasinyanye amasezerano n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Maroc (FRMF), akaba ari ubugira gatatu hasinywa amasezerano nk’aya ku mpande zombi.

Aya masezerano yasinywe n’abayobozi bahagarariye ayo mashyirahamwe ku mpande zombi. Ku ruhande rw’u Rwanda yasinywe na Mugabo N.Olivier, naho ku ruhande rwa Maroc, yasinywe na Fouzi Lekjaa.

Yasinywe kuwa 9 Kanama 2022, mu gihugu cya Tanzania aho bahuriye mu nama rusange ihuza abayobozi b’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika.

Kuri iyi nshuro hagarutswe ku kuba ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Maroc, rizibanda ku gufasha Ferwafa kuzamura ubushobozi bw’amarerero, gutanga ubufasha mu kuzamura siporo mu rubyiruko n’abagore.

Ikindi iri shyirahamwe rizafasha Ferwafa, harimo gutanga amahugurwa ku bayobozi b’umupira w’amaguru mu Rwanda.

Gutanga amahugurwa mu batoza n’abayobozi b’amakipe mu Rwanda ndetse bakanafasha Ferwafa gutegura ibikorwa byayo bya siporo.

Aya mashyirahamwe yombi yasinye amasezerano bwa mbere muri 2015, ku nshuro ya kabiri bayasinya 2017.

Ibyumvikanyweho kuri iyi nshuro, byiyongera ku byo bari barasinyanye muri 2017. Muri byo harimo ko bazajya bafasha Ferwafa mu buvuzi bw’abakinnyi ndetse no kubaka ibibuga mu turere dutatu no gusoza hotel ya Ferwafa ikiri kubakwa.

Amasezerano asinywa ahanini aba ashingiye mu ibikorwa by’iterambere ry’umupira w’amaguru, gufatanya igihe hategurwa amarusanhwa mpuzamahanga (Camp), imikino ya gicuti ndetse no mu buvuzi bw’abakinnyi.

Perezida wa Ferwafa Mugabo N. Olivier na Fouzi ni bo bashyize umukono kuri aya masezerano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .