00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Okoko Godfrey yagizwe umutoza wa Rutsiro FC

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 1 December 2022 saa 06:00
Yasuwe :

Rutsiro FC yo mu Burengerazuba bw’igihugu yemeje Okoko Godfrey nk’umutoza wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, asimbuye Feruzi Haruna watandukanye n’iyi kipe kubera umusaruro muke.

Feruzi Haruna yasezerewe na Rutsiro FC nyuma y’uko mu mikino itanu iyi kipe iheruka gukina nta n’umwe yatsinze.

Perezida wa Rutsiro FC, Nsanzineza Ernest, yahamirije IGIHE ko nyuma yo kutishimira umusaruro we, ikipe yasinyishije undi mutoza.

Yagize ati “Yego Okoko ni umutoza wacu mu gihe cy’imyaka ibiri. Haruna intego twamuhaye twabonaga atazazigeraho duhitamo kumusezerera. Okoko twamuhaye intego yo kuza mu myanya umunani ya mbere.”

Kuva shampiyona yatangira Rutsiro FC yatsinze umukino umwe gusa, inganya irindwi, itsindwa itatu. Ibintu biyishyira ku mwanya wa 13 n’amanota 10.

Ku munsi wa 12 wa shampiyona, Rutsiro FC izakira Police Fc mu mukino uteganyijwe kubera kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu ku wa Gatandatu, tariki 3 Ukuboza 2022.

Okoko wari umaze iminsi atoza muri Aigle Noir Makamba FC, asanzwe azwi mu mupira w’u Rwanda kuko yatoje amakipe atandukanye nka La Jeunesse, Gicumbi Fc, Amagaju FC na Mukura VS.

Okoko Godfrey yagizwe umutoza wa Rutsiro FC mu gihe cy'imyaka ibiri
Rutsiro FC imaze imikino itanu nta ntsinzi ibona

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .