Uyu musore w’imyaka 25 yakiniye Rayon Sports hagati ya 2016 na 201, mbere yo kwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Agarutse muri iyi kipe yambara ubururu n’umweru nyuma y’igihe yaravunitse, kuko amaze amezi arenga atandatu adakina kubera imvune yagize ku gatsintsino ko ku kirenge cye cy’ibumoso.
Byavugwaga ko ashobora kwerekeza muri AS Kigali kuko ariyo kipe yari amaze iminsi akoramo imyitozo, gusa ku rundi ruhande, Rayon Sports yongeye kumwisubiza, asinya amasezerano y’imyaka ibiri.
Mu cyumweru gishize yari yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, abajijwe niba bishoboka ko uyu mwaka yakina mu Rwanda, avuga ko bishoboka mu rwego rwo gushaka gusubira mu bihe bye byiza.
Ati "Ntabwo ari ikipe ibonetse yose wenda najyamo, birasaba ko ari ikipe ifite intego, ikina amarushanwa mpuzamahanga."
Mu gihe cy’umwaka n’igice uyu musore yamaze muri FK Shkupi, yakinnye imikino 33 atsinda ibitego bine, atanga n’imipira itatu yavuyemo ibitego.
Rwatubyaye yakiniye amakipe atandukanye yo mu Rwanda arimo Isonga, APR FC na Rayon Sports.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!