00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tujyane muri Stade Amahoro; imirimo irarimbanyije (Amafoto)

Yanditswe na Philbert Girinema
Kuya 5 October 2022 saa 07:18
Yasuwe :

Ntabwo ari ukuvugururwa nk’uko bivugwa, Stade Amahoro iri kubakwa bundi bushya mu isura ibereye ijisho. Mu 2024, u Rwanda ruzaba rufite stade yo ku rwego mpuzamahanga, yemewe na FIFA ishobora kwakira nibura abantu ibihumbi 45 bicaye, yaba abakurikiye umukino cyangwa se abitabiriye ibirori bisanzwe.

Izaba ari inyubako isakaye hose ahicarwa n’abantu usibye mu kibuga gusa kuko byo ari amategeko ya FIFA agena ko ubwatsi bugomba kubona izuba kugira ngo butangirika. Izashyirwamo ibikoresho bizatuma ishobora kwakira imikino irimo Rugby.

Ni umushinga ugizwe n’ibindi bice birimo Petit Stade na Paralympique; zombi zizavugururwa ku buryo zizaba ziri ku rwego mpuzamahanga cyo kimwe n’uko BK Arena imeze n’uko Stade Amahoro izaba imeze.

IGIHE iherutse gutembera muri iyi Stade ireba aho imirimo igeze. Eng Harouna Nshimiyimana ushinzwe imirimo yo kuyubaka, yatuzengurukije mu bice byayo byose kugeza n’ahatunganyirizwa béton n’ibyuma bikoreshwa mu bwubatsi.

Ugeze i Remera, ubu imirimo irakomeje aho abubatsi basobanura ko igeze kuri 7%. Iri gukorwa na Sosiyete ikomoka muri Turikiya yitwa Summa Rwanda JV ariko ifatanyije n’izindi zo mu Rwanda zirimo Real Contractors.

Iyi Summa ni yo yubatse Stade du Sénégal - Abdoulaye Wade iherutse gutahwa n’abayobozi barimo Perezida Kagame, ni yo yubatse Kigali Arena mu gihe kitageze ku mwaka, ni nayo yubatse Kigali Convention Centre.

Ukurikirana ko umushinga ukorwa neza, ni Gasabo 3D ariko bose bagenzurwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire, Rwanda Housing Authority.

Umubare munini w’abakozi bayo muri iki gihe ni Abanyarwanda bitandukanye n’uko byagenze ku mishinga nk’iyo iheruka gukorwa mu Rwanda. Ubu bibarwa ko hari abakozi 700 bamaze guhabwa akazi, bakora basimburana amanywa n’ijoro.

Mu bice byose by’iyi stade, hashyizwe amatara afasha abakozi gukora mu masaha y’ijoro ku buryo imirimo iba ikomeza igihe icyo ari cyo cyose.

Ubuso bwayo buracyongerwa kuko imbago zizagera ahari Ishami rya Polisi rya Remera rizwi nka Metropolitan Police; zifate Ikigo Nderabuzima kiri i Remera, inzu mberabyombi n’ibindi bice. Igice kizwi nk’ikinamba kiri i Remera nacyo kizashyirwa mu mbago z’iyi stade.

Kongera ubu buso bizabashisha iyi stade kugira imyanya myinshi izajya ikoreshwa mu guparika imodoka. Magingo aya, iyi stade yahawe imyanya 2100 ariko ishobora kongerwa ikaba yagera ku 2700.

Urebye umubare w’abantu bazajya binjira muri Stade n’imyanya yahariwe Parikingi, ntabwo bijyanye na mba. Ubusanzwe, FIFA iteganya ko Stade ifite imyanya nibura ibihumbi 60 igomba kuba ifite Parikingi ifite imyanya ibihumbi 10.

Ukoze igereranya, bivuze ko kuri Stade yakira abantu ibihumbi 45 nibura parikingi ikwiriye kuba ifite imyanya 7500. Iyo ni myinshi cyane ku buryo bigoye kubona ahantu wayishyira i Remera.

Eng Nshimiyimana Harouna yabwiye IGIHE ati “Ukuntu Stade ikoreshwa ntabwo ariko buri munsi parikingi ikenerwa. Ni yo mpamvu byabaye ngombwa ko habaho ibiganiro byemeje umubare muto.”

Ibyo biganiro byahuje inzego z’u Rwanda n’abashinzwe tekiniki muri FIFA, bemeranya ko bakwiriye gushyira imbere ikoreshwa ry’ibintu byose bitangiza ibidukikije hakajya hakoreshwa bisi kurusha imodoka z’abantu ku giti cyabo.

Imiryango yo kwinjiriramo ni myinshi

Stade igenewe abafana ibihumbi 45 ntiyahabwa ubwinjiriro buke kuko byazajya bituma haba umuvundo mbere na nyuma y’imikino cyangwa ibindi birori.

Muri uyu mushinga, hateguwe ubwinjiriro bwinshi, ntiharemezwa umubare wabwo kuko byitezwe ko igishushanyo mbonera cya nyuma kizarangira mu mezi make ari imbere.

Amarembo ari kugenwa ku buryo abantu bagiye muri Stade batazajya babangamira abajya mu bikorwa byabo bisanzwe.

Mu nkengero za Stade Amahoro, hazashyirwa ikibuga gifite ubwatsi buzaba bumeze kimwe n’ubuzaba buri muri stade imbere ku buryo kizajya cyifashishwa n’abakinnyi mu gihe bakeneye kwishyushya mbere y’umukino.

Stade izambikwa imigongo igaragaza umwihariko w’u Rwanda nk’uko BK Arena imeze.

Mu bizavugururwa harimo Stade Amahoro, Petit Stade na stade ikinirwamo imikino y'abafite ubumuga

Uko ibikorwa byo kubaka byakozwe

Stade Amahoro yari yarubatswe mu 1986 n’Abashinwa. Ubu mu kubaka inshya, ibyari byarubatswe muri iyo myaka, byarasenywe hasigara inkingi gusa ariko nazo zirakomezwa.

Nshimiyimana ati “Hasigaye inkingi, imitambiko n’imisingi hasi. Kubera ko iyi stade yubatswe u Rwanda rutaragira amategeko ajyanye n’imyubakire, nta n’ubushakashatsi ku mitungito, uyu munsi hari ibipimo ugenderaho bisaba ko imitambiko, inkingi n’imisingi bishobora kugaragaza ko byakwihanganira umutingingo mu gihe ubayeho.”

Hakozwe ubushakashatsi bugamije kureba uko iyi stade imeze, bugaragaza ko mu kwikorera abafana, yo ubwayo nta kibazo ifite, ku buryo nta hantu na hamwe higeze hagaragara yaba yarakomeretse.

Ati “Basanze ku buryo bw’umutingito hashobora kubaho akabazo. Byatumye za nkingi bazambika bundi bushya kugira ngo zibashe guhangana n’imitingito.”

Inkingi zose zari zisanzwe zongerewe umubyimba ariko bikorwa habanje gukuraho béton iba itwikiriye ibyuma hanyuma bongeraho ibindi byuma inyuma.

Ati “Iyo ubyambitse bundi bushya, irongera ikaba nshya. Ni yo gahunda twafashe kugira ngo nibayiduha izabe ari stade nshya.”

Hamaze kubakwa imisingi ingana na 60% y’izaba ikenewe muri Stade yose. Inyuma z’inkingi y’izari zisanzwe, zagizwe ndende kuko zifite metero 29 zizabashisha abafana kuba bazajya bareba umukino nta n’umwe ukingirije undi.

Amafaranga yarabonetse

Ahari kubakwa Stade Amahoro, ni mu gace kagenewe ibikorwa by’imikino. Hazaba hari BK Arena, Stade Amahoro, Paralympique, Petit Stade na Ujiri Court. Ibyo bikorwaremezo byose bigamije guteza imbere siporo n’imyidagaduro mu gihugu.

Umuyobozi w’Agateganyo w’Ikigo cy’u Rwanda Gishinzwe Guteza Imbere Imiturire, Noel Nsanzineza, yasobanuye ko nta gisibya, mu mezi 24 Stade Amahoro izaba imaze kuzura.

Ati “Ndabararitse mwese mu mezi 24, muzaze twishime. Azaba ari stade iri ku rwego rushimishije.”

Yakomeje avuga ko Ingengo y’Imari yateganyijwe mbere yo gutangira kubaka, kandi ko n’umushinga wiganywe ubushishozi muri icyo gihe cyose nubwo hari imbogamizi nke zabaye mu ntangiro.

Ati “Zari zishingiye ku bintu byari birimo twagombaga kwimura cyane cyane ibijyanye na fibre optique ndetse n’ibindi by’ikoranabuhanga. Byaratinze kuko n’icyo gihe twataye, twarihutishije ku buryo mu mezi 24 stade izaba irangiye.”

Amasezerano yasinyanywe n’uwubaka agena ko stade izuzura itwaye miliyoni 160$, ndetse hari n’andi ya miliyari 5 Frw yasinyanywe n’uzajya acunga iyi stade.

Ati “Muri make ushyize mu manyarwanda ni nka miliyari 165 Frw ni zo zizagenda kugira ngo iki gikorwa kirangire stade ive ku myanya ibihumbi 20 igere ku myanya ibihumbi 45 ariko noneho ibe iri ku rwego mpuzamahanga.”

Stade Amahoro byitezwe izajya itanga umusaruro no mu gihe hatari ibikorwa by’imikino ku buryo yajya iberamo ibitaramo n’ibindi; ibintu byitezwe ko bizajya byinjiza amafaranga.

Ati “Urugero ni kuri BK Arena. Buri weekend haba hari ikintu, iyo hatarimo umuhanzi, haba harimo umukino wa Basketball ku buryo usanga buri gihe ikora kandi itanga inyungu.”

Kuvugurura Stade Amahoro bizatuma u Rwanda rugira stade yemewe ku rwego mpuzamahanga

Stade ya Gahanga ntiyibagiranye

Nsanzineza yavuze ko hari imishinga myinshi igamije guteza imbere Siporo ariko ko bizajya bikorwa mu byiciro haherewe ku byihutirwa kurusha ibindi.

Ati “Iya Gahanga nayo iri kuri lisiti ariko tuzajya tureba ibyihutirwa kuko ntabwo twafata ibikorwa bya siporo ngo tubyuzuze muri Kigali. Iya Huye murabizi ko turi kuyikora, tumaze kugera ku rwego rushyitse, ubu dufite imyanya igera ku 7900, turashaka kongeraho indi tukagera ku bihumbi 10 nayo tukayisakara.”

Yavuze ko inyigo ya Stade ya Nyanza na yo yarangiye, ubu ikigiye gukorwa ari ishyirwa mu bikorwa.

Ati “Na Gahanga irimo ariko sinakubwira ko izatangira gukorwa vuba.”

Stade ya Kigali i Nyamirambo iri gukorerwa inyigo kugira ngo nayo ivugururwe.

Usibye umupira w'amaguru, iyi stade izaba ibasha kwakira Rugby kuko izahabwa ibikoresho by'uyu mukino
Stade izaba ifite imyanya nibura ibihumbi 45 y'abafana bicaye neza
Intebe zari zisanzwe muri Stade Amahoro zahawe IPRC kugira ngo izikoreshe muri stade yayo
Ikibuga kizongerwa ku buryo bugaragara, ku buryo umufana azaba yegereye ikibuga
Nta mugesi wari ku byuma byari byarakoreshejwe n'Abashinwa mu 1986 mu kubaka iyi stade bigaragaza ko yari yitondewe
Ibikoresho byari bisanzwe muri Stade ntabwo byajugunywe ahubwo byakoreshejwe ahandi
Inkingi zisanzwe zagiye zishishurwa, inyuma y'ibyuma byari bisanzwe hakongerwaho ibindi kugira ngo zikomere kurushaho
Isesengura ryakozwe mbere yo gutangira imirimo, ryagaragaje ko inyubako zari zisanzwe zari zikomeye ndetse nta hantu na hamwe hari harangiritse
Iyi stade yahawe imisingi ikomeye ku buryo idashobora kwangirika bikozwe n'umutingito
Sima ikenerwa ivangirwa ahahoze higishirizwa imodoka kandi hakoreshwa ikorerwa mu Rwanda
Mu gice giteganye na BK Arena inkingi ziracyari kubakwa
Inyubako nke ziri inyuma y'ahari umucanga zizasenywa kugira ngo aho hashyizwe parikingi
Mu ntangiriro imirimo yadindijwe n'uko muri Stade Amahoro hari imigozi ya internet yagombaga kwimurwa
Imirimo ikorwa amanywa n'ijoro kugira ngo igihe cyagenwe kizubahirizwe
Eng Harouna Nshimiyimana ushinzwe imirimo yo kubaka Stade Amahoro, asobanura ko mu bigaragara ikiri gukorwa atari ukuvugurura ahubwo ari ukubaka bundi bushya
Inkingi hafi ya zose zamaze kubakwa, ku buryo byitezwe ko imirimo igiye kwihuta kurusha uko bisanzwe
Ibyuma bikoreshwa mu bwubatsi bibanza gupimwa kugira ngo byemezwa niba byujuje ubuziranenge
Umubare munini w'abakozi bari muri iyi mirimo y'ubwubatsi ni Abanyarwanda ndetse byitezwe ko baziyongera mu minsi mike uko imirimo izakomeza kwiyongera
Izi nkingi zizaba zisumba kure iziri imbere ku buryo bizatuma stade iba imeze nk'icuramye
Inkingi nshya zubatswe inyuma y'izisanzwe, imwe ireshya na metero 29
Iyi stade izahabwa parikingi iri mu nkengero zayo ariko abayirimo bazajya babasha no gukoresha parikingi ya BK Arena
Ibice byose bya Stade byarasenywe kugira ngo abubatsi babone uburyo bwiza bwo kuvugurura
Winjiriye mu marembo azwi nk'ayo mu Migina, ubona ko imirimo irimbanyije
Umuyobozi w’Agateganyo w’Ikigo cy’u Rwanda Gishinzwe Guteza Imbere Imiturire, Noel Nsanzineza, aganira n'Umunyamakuru wa IGIHE ku mushinga wo kuvugurura Stade Amahoro n'indi iteganyijwe ijyanye na siporo
Umuyobozi w’Agateganyo w’Ikigo cy’u Rwanda Gishinzwe Guteza Imbere Imiturire, Noel Nsanzineza, yasobanuye ko uko byagenda kose mu mezi 24 Stade Amahoro izaba yuzuye neza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .