00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubuzima bwa Pelé buri mu marembera

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 3 December 2022 saa 06:23
Yasuwe :

Ubuzima bw’Umunya-Brésil, Pelé, ufatwa nk’umukinnyi wa mbere mwiza wabayeho mu mateka y’umupira w’amaguru ku Isi, buri mu marembera nyuma y’uko aho arwariye mu bitaro bya Israelita Albert Einstein yashyizwe mu gice cyagenewe abarwayi barembye cyane bategereje kwitaba Imana.

Pelé w’imyaka 82 arwaye Cancer yafashe bimwe mu bice byo mu rwungano ngogozi. Bivugwa ko uburyo bwifashishwa mu kwica utunyangingo twa Cancer ntacyo buri kumufasha muri iki gihe.

Bamwe mu bakinnyi bakomeye ku Isi n’abahoze bakomeye nka Rivaldo bakomoka mu gihugu kimwe n’Umufaransa Kylian Mbappe bifashishije imbuga nkoranyambaga zabo basaba abatuye Isi gusabira Pele.

Ku wa Kane umukobwa wa Pelé yari yahumurije abantu ko ubuzima bwe buhagaze neza gusa kuri uyu wa Gatandatu byatangajwe ko ubufasha abaganga bari kumuha ntacyo buri kumumarira.

Byatumye yimurirwa mu gice kigenerwa abantu barwaye indwara zidakira kandi barembye cyane ku buryo akenshi abantu bahashyirwa ubuzima bwabo buba buri mu marembera.

Pelé ubusanzwe amazina ye nyakuri ni Edson Arantes do Nascimento, afatwa na benshi nk’umukinnyi w’ibihe byose ku Isi.

Yegukanye ibikombe bitatu by’Isi ari kumwe na Pelé mu 1958, 1962 na 1970. Yatsindiye Santos y’iwabo ibitego 643 mu mikino 659 mu gihe igihugu cye yagitsindiye ibitego 77 mu mikino 92.

Ubuzima bwa Pelé buri mu marembera ku buryo yashyizwe mu bitaro mu gice cy'abantu barembye cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .