00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ikibazo cy’ubuke bw’ibibuga byo gukiniraho ku bafite ubumuga cyahawe umurongo

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 30 November 2022 saa 07:32
Yasuwe :

Umuryango wita ku bana bafite ubumuga bwo mu mutwe binyuze muri Siporo " Special Olympics Rwanda", irishimira ko ikibazo bari bafite cyo kutagira ahakinirwa imikino itandukanye ku bana bafite ubumuga bwo mu mutwe cyaba kigiye gukemuka nabo bakajya babona aho bakinira.

Ibi ni ibyagarutsweho n’Umuyobozi wa Special Olympics Rwanda, Pastor Deus Sangwa mu gikorwa cyo kugaragaza impano zihishwe mu bana bafite ubumuga bwo mu mutwe cyabereye muri Kigali Convention Center.

Yagize ati "Muri siporo twaganiriye ku kibazo cy’ibura ry’ibibuga byo kwidagaduriraho, nk’uko ari ikibazo cyagaragajwe n’umukinnyi ufite ubumuga bwo mu mutwe, twasanze ko ari ikibazo gihari mu by’ukuri, tukaba twishimira ko bahawe icyizere cy’uko n’ubundi aho abandi bakinira nabo batagomba guhezwa ko nabo bagomba kujya bahakinira."

Yavuze ko gahunda y’imikino muri Special Olympics Rwanda ikomeje cyane ko barimo gutegura abakinnyi bazaserukira igihugu mu mikino y’Isi y’abafite ubumuga “Special Olympics World Summer Games 2023” izabera i Berlin mu Budage hagati ya 17 na 25 Kamena 2023.

Ati "Gahunda ya siporo muri Special Olympics Rwanda irakomeje aho dutoza abana kandi turi mu bihe byo kwitegura imikino y’Isi ubwo rero ntabwo twicaye ni cyo gituma turimo guhamagarira buri wese ngo ashyigikire siporo muri Special Olympics Rwanda kugira ngo nibajya guserukira u Rwanda bazagende bashoboye kandi bafite ibyangombwa byose kugira ngo bazahagararire u Rwanda neza."

Pastor Deus ashimangira ko gahunda y’imikino ihuza abafite ubumuga n’abatabufite yatangijwe mu mashuri "Unified champion school", imaze gutanga umusaruro mu buryo bugaragara.

Ati "Iyi gahunda ya Unified champion school kuva yatangira yatanze umusaruro kuko hari nk’abana bafite ubumuga bwo mu mutwe, bigaga mu bigo ariko ntibahabwaga umwanya wo gukina n’abandi banyeshuri, bakumva ko bahejwe muri iyo mikino byatumye babasha kumva ko bakinana nabo."

Special Olympics Rwanda ifite abakinnyi barenga ibihumbi makumyabiri na kimwe (21,000), bakina imikino itandukanye ari yo umupira w’amaguru “Football”, Basketball, imikino ngororamubiri “Athletics” na Bocce.

Iyi mikino ikaba ikunze kubera ku bibuga bitandukanye byo hanze birimo; Kicukiro, Lycée de Kigali, SOS n’ahandi hatandukanye.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .