00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwa mbere mu myaka ibiri, imbaga y’Abakirisitu yateraniye i Kibeho ku isabukuru y’amabonekerwa (Amafoto)

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 28 November 2022 saa 07:31
Yasuwe :

Buri mwaka tariki ya 28 Ugushyingo, ababarirwa mu bihumbi baturuka imihanda yose y’Isi biganjemo Abakirisitu Gatolika bakoranira i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru mu kwihiza Isabukuru y’Amabonekerwa yahabereye.

Ubwo bizihizaga iyo sabukuru ku nshuro ya 41 kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Ugushyingo 2022, bagaragaje ibyishimo ko bongeye guterana nyuma y’imyaka ibiri bitabakundira kubera icyorezo cya Covid-19 cyateye.

Nk’uko bisanzwe kwizihiza isabukuru y’amabonekerwa ya Bikira Mariya byabanjirijwe n’umugoroba w’igitaramo wabaye ku Cyumweru.

Igitambo cya Misa cyabereye imbere y’Ingoro ya Bikira Mariya i Kibeho kiyoborwa na Musenyeri wa Diyosezi ya Gikongoro, Hakizimana Célestin.

Cyitabiriwe n’imbaga y’abantu y’ababarirwa mu bihumbi 30 baturutse mu bihugu birimo Uganda, Burundi, Tanzanzia, Kenya, Pologne, USA, u Buhinde, u Butaliyani, u Bubiligi, u Budage, u Bushinwa, Espagne n’u Rwanda.

Awan waturutse muri Amerika yavuze ko ari ku nshuro ya kabiri ageze i Kibeho kandi yahisemo kujya aza buri gihe ku isabukuru y’amabonekerwa ndetse no kuri Asomusiyo.

Ati “Ubwa mbere nza hano ni umugore wanjye wari wanzanye ngo tujye gusenga. Nasanze ari ahantu heza hadufasha kwegerana n’Imana ku buryo niyemeje ko buri gihe nzajya nza hano.”

Hari abamara iminsi mu nzira bagenda n’amaguru

Abakirisitu bemera Bikira Mariya bakora ibishoboka byose kugira ngo ku munsi wo kwizihiza isabukuru y’amabonekerwa ye, ntibabure i Kibeho aho yabonekeye.

Bamwe muri bo babwiye IGIHE ko bahisemo kujya bibabaza bagafata urugendo rw’iminsi ine cyangwa itanu, bagaturuka aho batuye bakagenda n’amaguru kugeza igihe bagereye i Kibeho.

Uwiragiye Alexia wo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, yavuze ko we n’itsinda basengana buri gihe baza i Kibeho bakamara iminsi ine cyangwa itanu mu nzira bagenda n’amaguru.

Ibyo babikora atari uko babuze ubushobozi bwo gutega imodoka ariko bahitamo kwibabaza kugira ngo Bikira Mariya abumve abasabire ku Mana ibakemurire ibibazo bafite.

Iyo bari mu nzira bitwaza ibyo guteka n’amasafuriya ndetse n’amasahane kugira ngo nibagera aho bacumbika babashe kurya.

Ati “Twumvikana ko nitugera kuri paruwasi ducumbika tugateka noneho bwacya mu gitondo tugakomeza urugendo. Twavuye mu Karere ka Rubavu tariki 23 z’uku kwezi.”

Yavuze ko akenshi bagera i Kibeho ibirenge byabyimbye ariko ntacyo bibatwaye kuko baba bazi icyo baje gushaka.

Ati “Ibibazo byacu Bikira Mariya arabisubiza kuko nkanjye yankijije kanseri nari ndwaye mu ibere, ankiza n’ibibyimba byo mu kwaha. Uyu munsi ibyo naje kumusaba nabyo nizeye ko azabimpa.”

Musenyeri wa Diyosezi ya Gikongoro, Hakizimana Célestin, yasabye abakirisitu kurushaho kwegera Imana no kwiyambaza Bikira Mariya kandi bagakora ibyiza gusa nk’uko yabibasabye agihe abonekera i Kibeho.

Yavuze ko ari umugisha ku Rwanda kuba rwaragize amahirwe yo kugira Kibeho nk’ahantu hatagatifu Bikira Mariya yabonekeye.

Ati “Abakirisitu barabyumva ko ari umugisha twabonye kuko ntabwo ari henshi cyane Bikira Mariya yagiye abonekera mu Isi, muri Afurika ni mu Rwanda gusa niho hemewe. Rero ni umugisha ariko uwambaye ikirezi ntamenya ko cyera ariko abakirisitu barabizi niyo mpamvu baturuka imihanda yose bakigomwa imirimo bakaza kurara hano bakahasengera bagatarama.”

Tariki 28 Ugushyingo 1981, ni bwo Bikira Mariya yabonekeye umukobwa wa mbere witwa Mumureke Alphonsine wigaga mu rwunge rw’amashuri rwa Mère du Verbe i Kibeho.

Nyuma y’umwaka umwe, Bikira Mariya yongeye kubonekera uwitwa Mukamazimpaka Anathalie, nyuma yongera kubonekera Mukangango Marie Claire na bo bigaga kuri iryo shuri.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko buri mwaka i Kibeho hasurwa n’abarenga ibihumbi 600.

Yaje i Kibeho yitwaje kimwe mu bitoki yejeje
Yaje guhazwa yicishije bugufi nk'umukirisitu
Uyu munsi witabiriwe n’imbaga y'abantu y’ababarirwa mu bihumbi 30 baturutse mu bihugu bitandukanye
Uyu Mubikira yatahanye amafoto n'amashusho y'urwibutso
Umukambwe Ntabomvura Venant na we akunze kuza i Kibeho kwiyambaza Bikira Mariya
Ni umwanya mwiza baba babonye wo kwegera Imana batanga n'amaturo
Ni ku nshuro ya 41 hizihizwa amabonekerwa ya Kibeho
Meya wa Nyaruguru, Murwanashyaka Emmanuel na Visi Meya ushinzwe ubukungu, Gashema Janvier bari bahari
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Ugushyingo 2022 bagaragaje ibyishimo ko bongeye guterana nyuma y’imyaka ibiri bitabakundira kubera icyorezo cya Covid-19 cyateye.
Kuri uyu munsi bazana ku byo batunze bagatanga amaturo
Iribagiza Immaculée [wambaye umupira w'ubururu] akunze kuza i Kibeho kwiyambaza umubyeyi Bikira Mariya
Imbaga y’Abakirisitu yateraniye i Kibeho mu isabukuru y’amabonekerwa
Igitambo cya Misa cyabereye imbere y’Ingoro ya Bikira Mariya i Kibeho kiyoborwa na Musenyeri wa Diyosezi ya Gikongoro, Hakizimana Célestin.
I Kibeho hateranira Abakirisitu b'ingeri zose
I Kibeho hagendwa n'amahanga yose
Haba n'umwanya wo kubyinira Imana
Buri mwaka tariki ya 28 Ugushyingo, ababarirwa mu bihumbi baturuka imihanda yose y’Isi biganjemo Abakirisitu Gatolika bakoranira i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru
Gatabazi Jean Marie Vianney wahoze ari Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu akunze kwitabira isabukuru y'amabonekerwa i Kibeho
Baturutse kure ariko bitwaza ituro ryo gushimira Imana
Bazanye ku byo bajeje baza gushima Imana
Barangamiye umubyeyi Bikira Mariya bamugezaho ibyifuzo byabo
Baje kwizihiza Isabukuru y’Amabonekerwa yabereye i Kibeho
Bahurira i Kibeho bakiyambaza Bikira Mariya
Bafata umwanya wabo bagasaba Imana imbabazi
Ababyeyi nabo baba babukereye baje guhimbaza Imana
Abakirisitu bemera Bukira Mariya bakora ibishoboka byose kugira ngo ku munsi wo kwizihiza isabukuru y’amabonekerwa ye, ntibabure i Kibeho aho yabonekeye.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .